issa
Masisi: AFC/M23 yafashe Katobotobo na Ruki nyuma y’imirwano ikomeye

Masisi: AFC/M23 yafashe Katobotobo na Ruki nyuma y’imirwano ikomeye

May 27, 2026 - 20:18
 0

Imidugudu ya Katobotobo na Ruki iherereye muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yamaze kujya mu maboko y’umutwe wa AFC/M23.


Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko iri fatwa ryabaye kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije abarwanyi ba AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo.

Teritwari ya Masisi ni imwe mu zikomeje kuberamo imirwano ikaze hagati y’impande zihanganye mu Burasirazuba bwa RDC, aho abaturage benshi bakomeje guhunga ingo zabo kubera umutekano muke.

Mu mezi ashize, umutwe wa AFC/M23 wakomeje kwagura ibice ugenzura muri Kivu y’Amajyaruguru, ibintu bikomeje guteza impungenge abaturage ndetse n’imiryango mpuzamahanga ikurikirana ibibazo by’umutekano muri RDC.

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Leta ya Congo ntiburagira icyo butangaza ku ifatwa ry’ibi bice, mu gihe intambara ikomeje muri ako karere.

Elia Byukusenge Chief Editor at Ukwelitimes, passionate about credible journalism and impactful storytelling.

Masisi: AFC/M23 yafashe Katobotobo na Ruki nyuma y’imirwano ikomeye

May 27, 2026 - 20:18
 0
Masisi: AFC/M23 yafashe Katobotobo na Ruki nyuma y’imirwano ikomeye

Imidugudu ya Katobotobo na Ruki iherereye muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yamaze kujya mu maboko y’umutwe wa AFC/M23.


Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko iri fatwa ryabaye kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije abarwanyi ba AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo.

Teritwari ya Masisi ni imwe mu zikomeje kuberamo imirwano ikaze hagati y’impande zihanganye mu Burasirazuba bwa RDC, aho abaturage benshi bakomeje guhunga ingo zabo kubera umutekano muke.

Mu mezi ashize, umutwe wa AFC/M23 wakomeje kwagura ibice ugenzura muri Kivu y’Amajyaruguru, ibintu bikomeje guteza impungenge abaturage ndetse n’imiryango mpuzamahanga ikurikirana ibibazo by’umutekano muri RDC.

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Leta ya Congo ntiburagira icyo butangaza ku ifatwa ry’ibi bice, mu gihe intambara ikomeje muri ako karere.