U Burundi bwatangiye imyiteguro y’amatora ya Perezida ateganyijwe muri 2027
Komisiyo yigenga y’Amatora muri iki gihugu (CENI) mu nama yahuje amashyaka ya politiki, imiryango itegamiye kuri Leta, abanyamadini n’abahagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga ikorera i Bujumbura, yatangaje ko amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe ku wa 3 Gicurasi 2027.
Aya matora azagena uzayobora iki gihugu mu gihe cy’imyaka irindwi nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga ryavuguruwe mu 2018.
Perezida uri ku butegetsi Évariste Ndayishimiye, wageze ku butegetsi mu 2020 nyuma y’urupfu rwa Pierre Nkurunziza, yamaze gutangazwa nk’umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi rya CNDD-FDD muri ayo matora. Benshi bamubona nk’ufite amahirwe menshi yo kongera gutsinda amatora, mu gihe u Burundi bwitegura indi manda y’ubuyobozi izakurikirwa cyane mu karere.
Perezida wa CENI Prosper Ntahorwamiye yavuze ko ibikorwa byo kwiyamamaza bizatangira ku wa 10 Mata kugeza ku wa 30 Mata 2027, yatangaje kandi ko ingengo y’imari yose y’aya matora izatwara asaga miliyari 115.8 z’amarundi, angana na miliyoni hafi 39 z’amadolari ya Amerika. Ibyavuye mu matora biteganyijwe gutangazwa muri Kamena mbere y’irahira rya Perezida uzaba watowe ku wa 18 Kamena 2027. Mu gihe nta mukandida uzabona amajwi asabwa mu cyiciro cya mbere, hazaba irindi tora ku wa 1 Kamena.
Amwe mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ntiyitabiriye inama yatangarijwemo gahunda y’ayo matora, agaragaza impungenge ku bwisanzure n’ubunyakuri bw’ikorwa ryayo. Mu itangazo bahuriyemo, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko CENI idafite ubwigenge buhagije bwo gutegura amatora aboneye kandi anyuze mu mucyo. Banasabye ko habaho ibiganiro bya politiki bihuriweho mbere yo gukomeza imyiteguro y’amatora ya 2027.



Kinyarwanda
English






