issa
Gen Mubarakh Muganga yitabiriye imurikagurishwa ry’intwaro za Turikiya

Gen Mubarakh Muganga yitabiriye imurikagurishwa ry’intwaro za Turikiya

May 6, 2026 - 09:45
 0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yagiranye ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Turikiya, Gen. Selçuk Bayraktaroğlu.


Ibiganiro  byabo byabereye i Stanbul , kuwa 5 Gicurasi 2026, Gen Mubarakh Muganga ari muri Turikiya aho yitabiriye Inama n’Imurikagurika ku bijyanye n’intwaro n’umutekano (SAHA 2026).

‎Intwaro za kirimbuzi zikorwa na Turkiya zamuritswe

Gahunda y'imurikagurishwa izwi nka SAHA 2026, yatangijwe na Guverinoma ya Turikiya igamije kumurikira amahanga zimwe mu ntwaro zikorerwa muri iki gihugu, ikoranabuhanga mu bijyanye n’umutekano ndetse n’isanzure.

‎Gusa iy'uyu mwaka yatangiye kuwa 5 Gicurasi 2026, Turikiya yiteze kuyikuramo amasezerano afite agaciro ka miliyari 8$.

‎Ibiganiro by'aba basirikare bakuru bombi ntibigeze batangaza ibyo baganiriyeho, gusa Gen Mubarakh Muganga yitabiriye iyi nama n’imurikabikorwa mu gihe u Rwanda ruri mu bihugu bisanzwe bikorana na Turikiya mu bijyanye n’umutekano.

‎Mu mwaka wa 2025, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri iki gihugu, ari nabwo yasuye uruganda rwa Özdemir Bayraktar Technology Center rukora ibikoresho bya gisirikare birimo na drones zifashishwa mu ntambara.

‎Muri urwo ruzinduko u Rwanda na Turikiya byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego enye zirimo itangazamakuru n’itumanaho, iperereza ku mpanuka n’ibibazo bikomeye by’indege za gisivile, radiyo na televiziyo n’ikoranabuhanga mu gisirikare.

‎Ni mu gihe Muri 2013 no mu 2014 ibihugu byombi byafungura Ambasade, umubano w’u Rwanda na Turikiya wakomeje gutera imbere uko bwije ni uko bucyeye.

Turikiya yamuritswe intwaro nshya zihakorerwa

Gen Mubarakh Muganga asuhuzanya na Mugenzi we wa Turkiya

Manishimwe Janvier Political Journalist II Communication Specialist ll Tel:+250785584281

Gen Mubarakh Muganga yitabiriye imurikagurishwa ry’intwaro za Turikiya

May 6, 2026 - 09:45
May 6, 2026 - 11:02
 0
Gen Mubarakh Muganga yitabiriye imurikagurishwa ry’intwaro za Turikiya

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yagiranye ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Turikiya, Gen. Selçuk Bayraktaroğlu.


Ibiganiro  byabo byabereye i Stanbul , kuwa 5 Gicurasi 2026, Gen Mubarakh Muganga ari muri Turikiya aho yitabiriye Inama n’Imurikagurika ku bijyanye n’intwaro n’umutekano (SAHA 2026).

‎Intwaro za kirimbuzi zikorwa na Turkiya zamuritswe

Gahunda y'imurikagurishwa izwi nka SAHA 2026, yatangijwe na Guverinoma ya Turikiya igamije kumurikira amahanga zimwe mu ntwaro zikorerwa muri iki gihugu, ikoranabuhanga mu bijyanye n’umutekano ndetse n’isanzure.

‎Gusa iy'uyu mwaka yatangiye kuwa 5 Gicurasi 2026, Turikiya yiteze kuyikuramo amasezerano afite agaciro ka miliyari 8$.

‎Ibiganiro by'aba basirikare bakuru bombi ntibigeze batangaza ibyo baganiriyeho, gusa Gen Mubarakh Muganga yitabiriye iyi nama n’imurikabikorwa mu gihe u Rwanda ruri mu bihugu bisanzwe bikorana na Turikiya mu bijyanye n’umutekano.

‎Mu mwaka wa 2025, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri iki gihugu, ari nabwo yasuye uruganda rwa Özdemir Bayraktar Technology Center rukora ibikoresho bya gisirikare birimo na drones zifashishwa mu ntambara.

‎Muri urwo ruzinduko u Rwanda na Turikiya byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego enye zirimo itangazamakuru n’itumanaho, iperereza ku mpanuka n’ibibazo bikomeye by’indege za gisivile, radiyo na televiziyo n’ikoranabuhanga mu gisirikare.

‎Ni mu gihe Muri 2013 no mu 2014 ibihugu byombi byafungura Ambasade, umubano w’u Rwanda na Turikiya wakomeje gutera imbere uko bwije ni uko bucyeye.

Turikiya yamuritswe intwaro nshya zihakorerwa

Gen Mubarakh Muganga asuhuzanya na Mugenzi we wa Turkiya