issa
Ibidasanzwe ku kanzu ifite agaciro k’arenga miliyoni 16 Frw ya Anitta Among yafatiriwe na Leta ya Uganda

Ibidasanzwe ku kanzu ifite agaciro k’arenga miliyoni 16 Frw ya Anitta Among yafatiriwe na Leta ya Uganda

May 21, 2026 - 15:29
 0

Ikanzu y’akataraboneka yambawe na Anita Annet Among wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu 2026 yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko hamenyekanye agaciro kawo gakomeye ndetse ikaninjizwa mu iperereza ririmo gukorwa ku byaha bya ruswa n’ikoreshwa nabi ry’umutungo wa Leta.


Ibidasanzwe ku kanzu ifite agaciro k’arenga miliyoni 16 Frw ya Anitta Among yafatiriwe na Leta ya Uganda 

Ikanzu y’akataraboneka yambawe na Anita Annet Among wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu 2026 yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko hamenyekanye agaciro kawo gakomeye ndetse ikaninjizwa mu iperereza ririmo gukorwa ku byaha bya ruswa n’ikoreshwa nabi ry’umutungo wa Leta. 

Iyi kanzu yakozwe n'inzu y'imideri izwi cyane ku izina Oscar de la Renta, ifite agaciro ka 6490$  ikaba yaragaragaye bwa mbere ubwo uyu Anita Among wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yayambaraga mu muhango w'irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni muri Gicurasi 2026. 

Iyi kanzu igizwe n'ibice bibiri, ntisanzwe kubera ko ifite agaciro ka 6490$ anagana na 9.500.000 z'amafaranga y'u Rwanda. 

Igice cya mbere cy’iyi kanzu kigizwe n’imitako y'indabo za porcelain ifite agaciro ka 6490$ asaga miliyoni 11.5 z'amafaranga y'u Rwanda mu gihe igice cya Kabiri cyayo kigizwe n’ikoti rijyana na yo rifite agaciro ka 4990$, asaga miliyoni 9.5 z'amafaranga y'u Rwanda. 

Muri rusange, iyi myambaro yose ifite agaciro ka 11,480$ asaga miliyoni 16 z'amafaranga y'u Rwanda. 

Nyuma y ‘uko agaciro k’iyi kanzu kamenyekanye, byavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, banenga Anita Annet Among, bagaragaza ko ari ugusesagura umutungo mu gihe Uganda iifite ibibazo by'ubukungu n'imibereho myiza y’abaturage.

Abashinzwe iperereza muri Uganda bavuga ko iyi kanzu yafashwe mu rwego rw'igenzura ku mutungo wa Anita Among, rikomeje gukorwa ku birego bya ruswa, gukoresha nabi umutungo wa Leta no kwigwizaho imitungo. 

Ubwo Perezida Museveni, yarahiraga, umwe mu banyapolitiki witwa Winnie Byanyima, yanenze bikomeye Anitta Among wari wambaye iyo kanzu ku rubuga rwa X, ayifata nk'ikimenyetso cya ruswa no kwigwizaho umutungo mu gihe abaturage benshi bakomeje guhura n'ibibazo by'ubuzima bwa buri munsi. 

Kugeza ubu, iperereza rirakomeje ndetse inzego z'umutekano za Uganda ziravuga ko ibindi bimenyetso bikiri gukusanywa aho imitungo irimo imodoka zihenze za Anita Among yafatiriwe mu minsi ishize.

Inzego z'umutekano ziherutse gufata imodoka ye 

Ibidasanzwe ku kanzu ifite agaciro k’arenga miliyoni 16 Frw ya Anitta Among yafatiriwe na Leta ya Uganda

May 21, 2026 - 15:29
May 21, 2026 - 15:33
 0
Ibidasanzwe ku kanzu ifite agaciro k’arenga miliyoni 16 Frw ya Anitta Among yafatiriwe na Leta ya Uganda

Ikanzu y’akataraboneka yambawe na Anita Annet Among wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu 2026 yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko hamenyekanye agaciro kawo gakomeye ndetse ikaninjizwa mu iperereza ririmo gukorwa ku byaha bya ruswa n’ikoreshwa nabi ry’umutungo wa Leta.


Ibidasanzwe ku kanzu ifite agaciro k’arenga miliyoni 16 Frw ya Anitta Among yafatiriwe na Leta ya Uganda 

Ikanzu y’akataraboneka yambawe na Anita Annet Among wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu 2026 yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko hamenyekanye agaciro kawo gakomeye ndetse ikaninjizwa mu iperereza ririmo gukorwa ku byaha bya ruswa n’ikoreshwa nabi ry’umutungo wa Leta. 

Iyi kanzu yakozwe n'inzu y'imideri izwi cyane ku izina Oscar de la Renta, ifite agaciro ka 6490$  ikaba yaragaragaye bwa mbere ubwo uyu Anita Among wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yayambaraga mu muhango w'irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni muri Gicurasi 2026. 

Iyi kanzu igizwe n'ibice bibiri, ntisanzwe kubera ko ifite agaciro ka 6490$ anagana na 9.500.000 z'amafaranga y'u Rwanda. 

Igice cya mbere cy’iyi kanzu kigizwe n’imitako y'indabo za porcelain ifite agaciro ka 6490$ asaga miliyoni 11.5 z'amafaranga y'u Rwanda mu gihe igice cya Kabiri cyayo kigizwe n’ikoti rijyana na yo rifite agaciro ka 4990$, asaga miliyoni 9.5 z'amafaranga y'u Rwanda. 

Muri rusange, iyi myambaro yose ifite agaciro ka 11,480$ asaga miliyoni 16 z'amafaranga y'u Rwanda. 

Nyuma y ‘uko agaciro k’iyi kanzu kamenyekanye, byavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, banenga Anita Annet Among, bagaragaza ko ari ugusesagura umutungo mu gihe Uganda iifite ibibazo by'ubukungu n'imibereho myiza y’abaturage.

Abashinzwe iperereza muri Uganda bavuga ko iyi kanzu yafashwe mu rwego rw'igenzura ku mutungo wa Anita Among, rikomeje gukorwa ku birego bya ruswa, gukoresha nabi umutungo wa Leta no kwigwizaho imitungo. 

Ubwo Perezida Museveni, yarahiraga, umwe mu banyapolitiki witwa Winnie Byanyima, yanenze bikomeye Anitta Among wari wambaye iyo kanzu ku rubuga rwa X, ayifata nk'ikimenyetso cya ruswa no kwigwizaho umutungo mu gihe abaturage benshi bakomeje guhura n'ibibazo by'ubuzima bwa buri munsi. 

Kugeza ubu, iperereza rirakomeje ndetse inzego z'umutekano za Uganda ziravuga ko ibindi bimenyetso bikiri gukusanywa aho imitungo irimo imodoka zihenze za Anita Among yafatiriwe mu minsi ishize.

Inzego z'umutekano ziherutse gufata imodoka ye