issa
Bukavu: Umwe yishwe na Ebola

Bukavu: Umwe yishwe na Ebola

May 21, 2026 - 16:06
 0

Ihuriro AFC/M23 rigenzura igice kinini mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko umuntu umwe yishwe na Ebola mu Mujyi wa Bukavu uri mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.


Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko nyuma y’aho i Goma habonetse umuntu umwe wanduye Ebola, hamaze gufatwa ibipimo birenga 200 by’abo bikekwa ko banduye icyo cyorezo.

Yasobanuye ko abantu bose bahuye n’uwanduye bamaze kuboneka, bashyirwa mu kato nk’uko amabwiriza y’ubuzima abiteganya ndetse nta wundi murwayi wa Ebola uraboneka i Goma.

Kanyuka yavuze ko uwanduye iki cyorezo i Goma nawe ari guhabwa ubuvuzi ndetse ari gukurikiranwa hafi n’amatsinda y’abaganga.

Ku bisubizo bya laboratwari y’igihugu iri i Goma byabonetse ku wa 20 Mata 2026, Kanyuka yasobanuye ko habonetsemo icy’umwe wanduye Ebola, ibipimo bye bikaba byarafatiwe muri Teritwari ya Kabare, i Bukavu.

Yagize ati “Uwo muntu, Umunye-Congo w’imyaka 28, yishwe n’iyi ndwara mbere y’uko habonetse igisubizo cy’ibipimo byafashwe. Hashingiwe ku mabwiriza y’ubuzima, yashyinguwe hubahirizwa amahame agenga umutekano n’ubwirinzi, agenga ishyingurwa ry’uwaketsweho ubwandu.”

AFC/M23 yatangaje ko uwishwe na Ebola i Bukavu yaherukaga kuva mu Mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Tshopo inasaba abatuye mu bice rigenzura kutagira igihunga, bakubahiriza amabwiriza yashyizweho agamije gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Bukavu: Umwe yishwe na Ebola

May 21, 2026 - 16:06
 0
Bukavu: Umwe yishwe na Ebola

Ihuriro AFC/M23 rigenzura igice kinini mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko umuntu umwe yishwe na Ebola mu Mujyi wa Bukavu uri mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.


Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko nyuma y’aho i Goma habonetse umuntu umwe wanduye Ebola, hamaze gufatwa ibipimo birenga 200 by’abo bikekwa ko banduye icyo cyorezo.

Yasobanuye ko abantu bose bahuye n’uwanduye bamaze kuboneka, bashyirwa mu kato nk’uko amabwiriza y’ubuzima abiteganya ndetse nta wundi murwayi wa Ebola uraboneka i Goma.

Kanyuka yavuze ko uwanduye iki cyorezo i Goma nawe ari guhabwa ubuvuzi ndetse ari gukurikiranwa hafi n’amatsinda y’abaganga.

Ku bisubizo bya laboratwari y’igihugu iri i Goma byabonetse ku wa 20 Mata 2026, Kanyuka yasobanuye ko habonetsemo icy’umwe wanduye Ebola, ibipimo bye bikaba byarafatiwe muri Teritwari ya Kabare, i Bukavu.

Yagize ati “Uwo muntu, Umunye-Congo w’imyaka 28, yishwe n’iyi ndwara mbere y’uko habonetse igisubizo cy’ibipimo byafashwe. Hashingiwe ku mabwiriza y’ubuzima, yashyinguwe hubahirizwa amahame agenga umutekano n’ubwirinzi, agenga ishyingurwa ry’uwaketsweho ubwandu.”

AFC/M23 yatangaje ko uwishwe na Ebola i Bukavu yaherukaga kuva mu Mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Tshopo inasaba abatuye mu bice rigenzura kutagira igihunga, bakubahiriza amabwiriza yashyizweho agamije gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.