issa
Ingengo y’imari ya 2026/27 yiyongereyeho miliyari Frw 844.2

Ingengo y’imari ya 2026/27 yiyongereyeho miliyari Frw 844.2

May 11, 2026 - 17:36
 0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwakomeje kwihagararaho nubwo habayeho ibibazo bitandukanye ku rwego mpuzamahanga, aho bwiyongereye ku kigero cya 9.4% mu mwaka wa 2025, kirenze 7% yari yarateganyijwe mbere.


Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 11 Gicurasi 2026, ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2026/27.

Minisitiri Murangwa yavuze ko Guverinoma iteganya gukoresha miliyari Frw 7,796.3 mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026/27, amafaranga yiyongereyeho miliyari Frw 844.2 ugereranyije na miliyari Frw 6,952.1 zari zemejwe mu ngengo y’imari ivuguruye ya 2025/26.

Yasobanuye ko umutungo uteganyijwe muri uwo mwaka uzava ahanini mu misoro n’andi mafaranga yinjizwa imbere mu gihugu, aho amafaranga ateganyijwe yose azagera kuri miliyari Frw 5,273.8.

Muri ayo, miliyari Frw 4,429.1 zizava mu misoro, miliyari Frw 582.4 zive mu yandi mafaranga yinjira, miliyari Frw 123.6 zive mu kugura umutungo w’imari, naho miliyari Frw 138.8 zive mu nguzanyo zo imbere mu gihugu.

Ku ruhande rw’amafaranga ateganyijwe guturuka hanze y’igihugu, Minisitiri Murangwa yavuze ko inkunga zizagera kuri miliyari Frw 548.3, mu gihe inguzanyo zo hanze ziteganyijwe kuri miliyari Frw 1,974.1.

Ku bijyanye n’imikoreshereze y’ayo mafaranga, ingengo y’imari iteganyijwe izagabanywa hagati y’ibikorwa bisanzwe bya Leta n’ishoramari.

Miliyari Frw 4,779.1 zizakoreshwa mu bikorwa bisanzwe birimo imishahara n’ibikoresho bya Leta, mu gihe miliyari Frw 3,017.2 zizashorwa mu bikorwa by’iterambere n’imishinga irimo inguzanyo zigamije guteza imbere politiki za Leta.

Elia Byukusenge Chief Editor at Ukwelitimes, passionate about credible journalism and impactful storytelling.

Ingengo y’imari ya 2026/27 yiyongereyeho miliyari Frw 844.2

May 11, 2026 - 17:36
May 11, 2026 - 17:37
 0
Ingengo y’imari ya 2026/27 yiyongereyeho miliyari Frw 844.2

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwakomeje kwihagararaho nubwo habayeho ibibazo bitandukanye ku rwego mpuzamahanga, aho bwiyongereye ku kigero cya 9.4% mu mwaka wa 2025, kirenze 7% yari yarateganyijwe mbere.


Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 11 Gicurasi 2026, ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2026/27.

Minisitiri Murangwa yavuze ko Guverinoma iteganya gukoresha miliyari Frw 7,796.3 mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026/27, amafaranga yiyongereyeho miliyari Frw 844.2 ugereranyije na miliyari Frw 6,952.1 zari zemejwe mu ngengo y’imari ivuguruye ya 2025/26.

Yasobanuye ko umutungo uteganyijwe muri uwo mwaka uzava ahanini mu misoro n’andi mafaranga yinjizwa imbere mu gihugu, aho amafaranga ateganyijwe yose azagera kuri miliyari Frw 5,273.8.

Muri ayo, miliyari Frw 4,429.1 zizava mu misoro, miliyari Frw 582.4 zive mu yandi mafaranga yinjira, miliyari Frw 123.6 zive mu kugura umutungo w’imari, naho miliyari Frw 138.8 zive mu nguzanyo zo imbere mu gihugu.

Ku ruhande rw’amafaranga ateganyijwe guturuka hanze y’igihugu, Minisitiri Murangwa yavuze ko inkunga zizagera kuri miliyari Frw 548.3, mu gihe inguzanyo zo hanze ziteganyijwe kuri miliyari Frw 1,974.1.

Ku bijyanye n’imikoreshereze y’ayo mafaranga, ingengo y’imari iteganyijwe izagabanywa hagati y’ibikorwa bisanzwe bya Leta n’ishoramari.

Miliyari Frw 4,779.1 zizakoreshwa mu bikorwa bisanzwe birimo imishahara n’ibikoresho bya Leta, mu gihe miliyari Frw 3,017.2 zizashorwa mu bikorwa by’iterambere n’imishinga irimo inguzanyo zigamije guteza imbere politiki za Leta.