issa
Iperereza ryagaragaje ko Israel yakoresheje ikoranabuhanga rya Microsoft mu butasi

Iperereza ryagaragaje ko Israel yakoresheje ikoranabuhanga rya Microsoft mu butasi

May 13, 2026 - 13:37
 0

Umuyobozi w’ishami rya Microsoft muri Israel agiye kuva ku mirimo nyuma y’iperereza ryakurikiye amakuru avuga ko ikoranabuhanga ry’icyo kigo ryakoreshejwe na Israel mu kugenzura no kumviriza telefone z’Abanyapalestine ku buryo bwa rusange.


Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Microsoft kiri mu gihirahiro nyuma y’uko umuyobozi w’ishami ryacyo muri Israel yemeye kuva ku buyobozi bwe nyuma y’iperereza ryakozwe ku mikoranire y’ikigo n’igisirikare cya Israel. 

Iri perereza ryatangiye nyuma y’aho ikinyamakuru The Guardian gitangarije ko Israel yakoresheje ikoranabuhanga rya Microsoft mu bikorwa byo gukusanya amakuru no kugenzura ku bwinshi itumanaho ry’Abanyapalestine, cyane cyane muri Gaza no muri West Bank.

Raporo yagaragaje ko ishami ry’ubutasi bwa gisirikare cya Israel rizwi nka Unit 8200 ryifashishije serivisi za Azure za Microsoft mu kubika no gusesengura amakuru y’amatelefone yafashwe mu buryo bw’ibanga.

Byavuzwe ko ayo makuru yakoreshwaga mu bikorwa bya gisirikare no gukurikirana abantu bakekwagaho ibikorwa bitandukanye. Kwamamaza ayo makuru byateje impaka zikomeye ku isi, cyane cyane ku ruhare rw’ibigo bikomeye by’ikoranabuhanga mu ntambara no mu bikorwa byo kugenzura abaturage. Abaharanira uburenganzira bwa muntu bashinje Microsoft gutanga ikoranabuhanga rishobora gukoreshwa mu guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Nyuma y’iperereza ry’imbere mu kigo, Microsoft yatangaje ko gukoresha ikoranabuhanga ryayo mu kugenzura abaturage benshi mu ibanga binyuranyije n’amahame yacyo.

Icyo kigo cyahise gifata icyemezo cyo guhagarika bamwe mu bakoreshaga serivisi zacyo muri gahunda za gisirikare za Israel. Aya makuru aje mu gihe ibigo byinshi by’ikoranabuhanga ku isi bikomeje gushyirwa ku gitutu kugira ngo bisobanure uruhare rwabyo mu ntambara n’ibikorwa bya gisirikare bikoresha ubwenge buhangano n’ikoranabuhanga rigezweho.

Iperereza ryagaragaje ko Israel yakoresheje ikoranabuhanga rya Microsoft mu butasi

May 13, 2026 - 13:37
May 13, 2026 - 15:16
 0
Iperereza ryagaragaje ko Israel yakoresheje ikoranabuhanga rya Microsoft mu butasi

Umuyobozi w’ishami rya Microsoft muri Israel agiye kuva ku mirimo nyuma y’iperereza ryakurikiye amakuru avuga ko ikoranabuhanga ry’icyo kigo ryakoreshejwe na Israel mu kugenzura no kumviriza telefone z’Abanyapalestine ku buryo bwa rusange.


Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Microsoft kiri mu gihirahiro nyuma y’uko umuyobozi w’ishami ryacyo muri Israel yemeye kuva ku buyobozi bwe nyuma y’iperereza ryakozwe ku mikoranire y’ikigo n’igisirikare cya Israel. 

Iri perereza ryatangiye nyuma y’aho ikinyamakuru The Guardian gitangarije ko Israel yakoresheje ikoranabuhanga rya Microsoft mu bikorwa byo gukusanya amakuru no kugenzura ku bwinshi itumanaho ry’Abanyapalestine, cyane cyane muri Gaza no muri West Bank.

Raporo yagaragaje ko ishami ry’ubutasi bwa gisirikare cya Israel rizwi nka Unit 8200 ryifashishije serivisi za Azure za Microsoft mu kubika no gusesengura amakuru y’amatelefone yafashwe mu buryo bw’ibanga.

Byavuzwe ko ayo makuru yakoreshwaga mu bikorwa bya gisirikare no gukurikirana abantu bakekwagaho ibikorwa bitandukanye. Kwamamaza ayo makuru byateje impaka zikomeye ku isi, cyane cyane ku ruhare rw’ibigo bikomeye by’ikoranabuhanga mu ntambara no mu bikorwa byo kugenzura abaturage. Abaharanira uburenganzira bwa muntu bashinje Microsoft gutanga ikoranabuhanga rishobora gukoreshwa mu guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Nyuma y’iperereza ry’imbere mu kigo, Microsoft yatangaje ko gukoresha ikoranabuhanga ryayo mu kugenzura abaturage benshi mu ibanga binyuranyije n’amahame yacyo.

Icyo kigo cyahise gifata icyemezo cyo guhagarika bamwe mu bakoreshaga serivisi zacyo muri gahunda za gisirikare za Israel. Aya makuru aje mu gihe ibigo byinshi by’ikoranabuhanga ku isi bikomeje gushyirwa ku gitutu kugira ngo bisobanure uruhare rwabyo mu ntambara n’ibikorwa bya gisirikare bikoresha ubwenge buhangano n’ikoranabuhanga rigezweho.