Ousmane Sonko yatorewe kuyobora inteko ishinga amategeko ya Sénégal
Uyu munyapolitiki wari umaze igihe mu makimbirane ya politiki na Perezida Bassirou Diomaye Faye yemerewe kubanza gusubira mu Nteko Ishinga Amategeko mbere yo gutorerwa kuyiyobora kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Gicurasi 2026.
Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko Sonko yatowe ku bwiganze bw’amajwi n’abadepite bo mu ishyaka riri ku butegetsi rya PASTEF, ibintu bifatwa nk’indi ntambwe ikomeye mu guhangana kwa politiki hagati ye na Perezida Faye.
Ibi bibaye nyuma y’uko Perezida Faye aherutse kwirukana Sonko ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe ndetse agasesa Guverinoma yose, nyuma y’ukutumvikana ku miyoborere n’uburyo igihugu cyakemura ikibazo cy’ubukungu n’imyenda.
Nubwo Sonko yakuwe muri Guverinoma, kuba abonye kuyobora Inteko Ishinga Amategeko bimushyira mu mwanya ukomeye ushobora gutuma akomeza kugira ijambo rikomeye muri politiki ya Sénégal.
Mu ijambo rye nyuma yo gutorwa, Sonko yavuze ko atazifashisha uwo mwanya mu kwihorera kuri Perezida Faye, ahubwo ko azakoresha ububasha ahabwa n’Itegeko Nshinga mu kugenzura ibikorwa bya Guverinoma no kurengera inyungu z’abaturage.



Kinyarwanda
English






