issa
Rayon Sports yatangaje umutoza mushya

Rayon Sports yatangaje umutoza mushya

Mar 31, 2026 - 12:12
 0

Ikipe ya Rayon Sports yahaye ikaze umutoza mushya Haringingo Francis uje avuye muri Kiyovu Sports.


Mu gitondo cyo kuri wa kabiri tariki 31 Werurwe 2026, nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje Haringingo Francis Christian nk’umutoza mushya mukuru wayo. Ni umutoza ugarutse muri iyi kipe nyuma y’imyaka 3 ayivuyemo.

Haringingo Francis nyuma yo gutangazwa byitezwe ko aratangira akazi ke kuri uyu wa kabiri akoresha imyitozo ku kibuga cyo mu Nzove aho Rayon Sports isanzwe ikorera.

Uyu mutoza mushya wa Rayon Sports, Haringingo Francis agiye gukorana na Romami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse binavugwa ko yasabye kuzungirizwa na Dusange Sasha uheruka gutandukana na Gasogi United.

Zimwe mu ntego ubuyobozi bwa Rayon Sports buzaniye uyu mutoza, ni ukwitwara neza mu gihe gisigaye kugira ngo Shampiyona irangire ariko bakamusaba gutwara igikombe cy’Amahoro kuko ni kimwe mu bintu asanzwe azi gukora.

Kuva uyu mutoza yatangira gutoza hano mu Rwanda, amaze gutwara ibikombe bibiri by’Amahoro. Hari igikombe yatwaranye na Mukura Victory Sports ndetse n’icyo aheruka gutwarana na Rayon Sports.

Iki gikombe Rayon Sports iheruka gutwara yagitwaye mu mwaka wa 2023, iki gikombe cyatwawe na Haringingo Francis wari umutoza mukuru, mu gihe iyi kipe yayoborwaga na Uwayezu Jean Fidel.



 



Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Rayon Sports yatangaje umutoza mushya

Mar 31, 2026 - 12:12
Mar 31, 2026 - 12:14
 0
Rayon Sports yatangaje umutoza mushya

Ikipe ya Rayon Sports yahaye ikaze umutoza mushya Haringingo Francis uje avuye muri Kiyovu Sports.


Mu gitondo cyo kuri wa kabiri tariki 31 Werurwe 2026, nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje Haringingo Francis Christian nk’umutoza mushya mukuru wayo. Ni umutoza ugarutse muri iyi kipe nyuma y’imyaka 3 ayivuyemo.

Haringingo Francis nyuma yo gutangazwa byitezwe ko aratangira akazi ke kuri uyu wa kabiri akoresha imyitozo ku kibuga cyo mu Nzove aho Rayon Sports isanzwe ikorera.

Uyu mutoza mushya wa Rayon Sports, Haringingo Francis agiye gukorana na Romami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse binavugwa ko yasabye kuzungirizwa na Dusange Sasha uheruka gutandukana na Gasogi United.

Zimwe mu ntego ubuyobozi bwa Rayon Sports buzaniye uyu mutoza, ni ukwitwara neza mu gihe gisigaye kugira ngo Shampiyona irangire ariko bakamusaba gutwara igikombe cy’Amahoro kuko ni kimwe mu bintu asanzwe azi gukora.

Kuva uyu mutoza yatangira gutoza hano mu Rwanda, amaze gutwara ibikombe bibiri by’Amahoro. Hari igikombe yatwaranye na Mukura Victory Sports ndetse n’icyo aheruka gutwarana na Rayon Sports.

Iki gikombe Rayon Sports iheruka gutwara yagitwaye mu mwaka wa 2023, iki gikombe cyatwawe na Haringingo Francis wari umutoza mukuru, mu gihe iyi kipe yayoborwaga na Uwayezu Jean Fidel.