issa
Abamotari babiri b' i Karongi bishwe n'inkangu yatejwe n'imvura

Abamotari babiri b' i Karongi bishwe n'inkangu yatejwe n'imvura

Mar 27, 2026 - 10:08
 0

Abamotari babiri bakorera mu Karere ka Karongi bishwe n'inkangu yatejwe n'imvura nyinshi yaguye muri aka Karere.


Ibi byabereye mu Kagari ka Byogo Umurenge wa Mutuntu ku wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026, ahagana Saa Tatu z’ijoro.

Amakuru agera kuri UKWELITIMES, avuga ko imvura nyinshi yaguye mu Karere ka Karongi yateje inkangu ifunga umuhanda, igwira abamotari babiri n’umugenzi, abamotari bombi bahita bapfa, umugenzi we arakomereka.

Bivugwa ko aba bose bari baturutse mu Isantere ya Gasenyi batashye.

Aba bamotari bishwe n'inkangu barimo Imanirafasha Diedonné w’imyaka 23 na Ishimwe Chance wo mu Kagari ka Gasharu Umudugudu wa Gashanga mu gihr umugenzi uri kwitabwaho n’abaganga mu Bitaro Bikuru bya Kibuye yitwa Harerimana Joseph w’imyaka 42.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hazagwa imvura iri hejuru gato y’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri uku kwezi, ibishobora gutera ibiza bitandukanye.

Iki kiza kibaye nyuma y’ahou minsi itatu ishize mu Murenge wa Gashari wo mu Karere ka Karongi naho habari habereyemo ikindi kiza cy'inkangu yagwiriye inzu ihitana abantu babiri.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), iherutse gutangaza ko kuva ku wa 1 Mutarama 2025 kugeza ku wa 18 Werurwe 2026, ibiza birimo imvura nyinshi, inkangu n’inkuba byishe abantu 207 mu gihugu hose, bikomeretsa abantu 432, inzu 2.341 zirangirika, izindi 35 zisenyuka burundu.

Abamotari babiri b' i Karongi bishwe n'inkangu yatejwe n'imvura

Mar 27, 2026 - 10:08
 0
Abamotari babiri b' i Karongi bishwe n'inkangu yatejwe n'imvura

Abamotari babiri bakorera mu Karere ka Karongi bishwe n'inkangu yatejwe n'imvura nyinshi yaguye muri aka Karere.


Ibi byabereye mu Kagari ka Byogo Umurenge wa Mutuntu ku wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026, ahagana Saa Tatu z’ijoro.

Amakuru agera kuri UKWELITIMES, avuga ko imvura nyinshi yaguye mu Karere ka Karongi yateje inkangu ifunga umuhanda, igwira abamotari babiri n’umugenzi, abamotari bombi bahita bapfa, umugenzi we arakomereka.

Bivugwa ko aba bose bari baturutse mu Isantere ya Gasenyi batashye.

Aba bamotari bishwe n'inkangu barimo Imanirafasha Diedonné w’imyaka 23 na Ishimwe Chance wo mu Kagari ka Gasharu Umudugudu wa Gashanga mu gihr umugenzi uri kwitabwaho n’abaganga mu Bitaro Bikuru bya Kibuye yitwa Harerimana Joseph w’imyaka 42.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hazagwa imvura iri hejuru gato y’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri uku kwezi, ibishobora gutera ibiza bitandukanye.

Iki kiza kibaye nyuma y’ahou minsi itatu ishize mu Murenge wa Gashari wo mu Karere ka Karongi naho habari habereyemo ikindi kiza cy'inkangu yagwiriye inzu ihitana abantu babiri.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), iherutse gutangaza ko kuva ku wa 1 Mutarama 2025 kugeza ku wa 18 Werurwe 2026, ibiza birimo imvura nyinshi, inkangu n’inkuba byishe abantu 207 mu gihugu hose, bikomeretsa abantu 432, inzu 2.341 zirangirika, izindi 35 zisenyuka burundu.