Abatwaye Guma Guma bazataramira muri Iwacu na Muzika Festival
Abahanzi barindwi batwaye Primus Guma Guma Super Star bazaririmbira mu turere dutandukanye. Butera Knowles azataramira I Muhanga, Riderman azataramira i Musanze, Urban Boyz bazataramira i Rubavu, Dream Boyz ihagarariwe na Platini P azataramira i Huye, Bruce Melodie azataramira I Ngoma, na Tom Close uzataramira I Nyagatare.
Ubuyobozi bwa East African Promoters bwatangaje ko guhera ku itariki 20 Kamena kugeza ku itariki 1 Kanama 2026. Ibitaramo bizagera mu ntara zose z'u Rwanda mu turere turindwi (7).
Ku itariki 18 Gicurasi 2026 umuyobozi mukuru wa EAP, Mushyoma Joseph yabwiye abanyamakuru ko hari byinshi bizahinduka mu mitegurire y'urubyiniro ruzaba ruri ku rwego rugezweho bitandukanye n'indi myaka yabanje.
Mushyoma ati"Ndangirango mbonereho umwanya wo gutangaza ikintu gishya kizaba kirimo.
Hari urugendo rwabanjirije uru rwa Primus Guma Guma Super Star. Abatsindiye Primus Guma Guma bazitabira Iwacu na Muzika Festival".
Yasobanuye ko abatwaye Guma Guma bari umunani ariko Jay Polly akaba yarapfuye. Bivuze ko hasigaye barindwi bangana n'uturere turindwi.
Buri umwe azitabira mu karere kamwe. Urban Boyz bazitabira, Platini P azahagararira Dream Boyz. Tuzagirana n'umwanya wo kwibuka uwatuvuyemo."
Yasobanuye ko abo bahanzi barindwi azajya yitabira nk'umutumirwa avuge uko byari bimeze n'uko bimeze ubu mu iterambere ry'umuziki. Ibitaramo bizajya bitangira saa munani kugeza saa moya z'ijoro.
Abahanzi yavuze barimo Butera Knowles azataramira I Muhanga, Riderman azataramira i Musanze, Urban Boyz bazataramira i Rubavu, Dream Boyz ihagarariwe na Platini P azataramira i Huye, Bruce Melodie azataramira I Ngoma, na Tom Close azataramira I Nyagatare.



Kinyarwanda
English






