Al Merrikh SC yakiriwe nk’umwami muri Sudani [AMASHUSHO]
Ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026, nibwo ikipe ya Al Merrikh SC yageze mu gihugu cya Sudani ivuye hano mu Rwanda.
Ni urugendo rutari rurerure cyane kuko uturutse hano mu Rwanda bifata nibura amasaha ari hagati 8 na 19 igihe wakoresheje ndege ari nayo Al Merrikh SC yakoresheje yerekeza muri iki gihugu isanzwe ikomokamo.
Umutoza Darko Novic, abungiriza be, abayobozi ndetse n’abakinnyi bageze mu gihugu cya Sudani basanga abafana ari benshi baje kubakira ku kibuga cy’indege buzuye imihanda ndetse baririmba indirimbo z’iyi kipe ifatwa nk’ikunzwe na benshi muri Sudani.
Al Merrikh SC igiye gutangira gukina imikino ya Kamparamaka mu gihugu cya Sudani ari yo izagena ikipe izaserukira iki gihugu muri CAF Champions League na CAF Confederations Cup. Iyi mikino izatangira tariki 15 Gicurasi 2026, nkuko byatangaje n’ubuyobozi bwa Shampiyona ya Sudani.
Al Merrikh SC ivuye mu Rwanda isize indi kipe ya kabiri izasoza Shampiyona y’u Rwanda. Iyi kipe ifite amanota 58 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona irarushwa inota rimwe na APR FC iri ku mwanya wa kabiri. Al Merrikh SC iheruka gutsindwa na Kiyovu Sports igitego 1-0, izakurikizaho umukino izakinamo n’Amagaju FC ku cyumweru tariki 17 Gicurasi 2026.



Kinyarwanda
English






