Carlos Anceloti yateje impaka muri Brazil nyuma yo kudahamagara Pedro wa Chelsea fc
Neymar yagarutse mu ikipe y’Igihugu ya Brazil izitabira Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma y’igihe kitari gito adahamagawe kubera imvune zikomeye yari amaze iminsi afite. Ariko uru rutonde ntabwo ruriho Joao Pedro wa Chelsea FC byateje impaka mu bafana ba Brazil.
Umutoza mushya wa Brazil, Carlo Ancelotti, ni we watangaje urutonde rw’abakinnyi 26 mu birori byabereye i Rio de Janeiro, ashimangira ko icyemezo cyafashwe hashingiwe ku myiteguro n’ubushobozi bw’abakinnyi aho kureba amazina gusa.
Neymar, w’imyaka 34, yagarutse muri “Seleção” nyuma yo kwigaragaza mu ikipe ya Santos, bikaba byarongereye ikizere mu bafana ku bushobozi bwe bwo gufasha Brazil gushaka igikombe cy’isi cya gatandatu.
Ancelotti yavuze ko abakinnyi bose bagomba kugaragaza ko bafite ikinyambupfura n’imbaraga zihagije kugira ngo bahabwe umwanya wo gukina, ibintu byatumye Neymar yongera kwinjira mu muryango w’iyi kipe nyuma y’imyaka igera kuri itatu atayikinira kenshi kubera imvune.
Ni mu gihe Joao Pedro ukinira Chelsea FC atahamagawe mu bakinnyi 26 nyuma yo kwitwara neza muri shampiyona y'Ubwongereza atsinda ibitego 18, umwanzuro watangaje abafana benshi.



Kinyarwanda
English






