Cristiano yasutse amarira menshi nyuma yo kwesa imihigo
Cristiano Ronaldo yegukanye igikombe cya Shampiyona ya Saudi Arabia, Saudi Pro League, ku nshuro ya mbere nyuma yo gufasha ikipe ya Al-Nassr gusoza shampiyona ya 2025-2026 ari yo iyoboye.
Al-Nassr yisubije igikombe cya shampiyona nyuma y’imyaka irenga itandatu, nyuma yo gutsinda Damac mu ijoro ryacyeye ibitego 4-1, isoza shampiyona irusha Al-Hilal amanota abiri ku rutonde rwa Shampiyona.
Ronaldo ni we wabaye intwari muri uyu mukino kuko yatsinze ibitego bibiri, harimo kufura nziza cyane yateye. Nyuma yo gusohoka mu kibuga abafana bose bagahaguruka bamushimira, uyu munyabigwi yagize amarira menshi y’ibyishimo ari ku ntebe y’abasimbura.
Cristiano Ronaldo wabaye uwa mbere ku isi inshuro eshanu mu gutwara Ballon d’Or asoje shampiyona afite ibitego 28, bimuhesha umwanya wa gatatu mu batsinze byinshi nyuma ya Ivan Tony na Julián Quiñones.
Iki ni igikombe cya mbere cya shampiyona Ronaldo atwaye muri Saudi Arabia, nyuma yo gutwarana na Al-Nassr igikombe cya Arab Club Champions Cup muri 2023.
Mbere yo gutangira uyu mwaka w’imikino, Cristiano Ronaldo yagaragaje kutishima ndetse bigera aho yari agiye kuyisohokamo kuko yabonaga uko andi makipe agura bakinnyi atariko Al-Nassr ibikora ndetse abona gutwara igikombe bigoye.
Ikipe ya Al Nassr yegukanye igikombe cya Shampiyona ya Saudi Arabia ifite amanota 86, Al Hilal iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 84.
Ronaldo yegukanye igikombe cya Saudi Arabia bwa mbere



Kinyarwanda
English






