issa
Kenya: Umurundi  wari uzwiho kugaragaza ibibazo by'impunzi z'Abarundi yaburiwe irengero

Kenya: Umurundi wari uzwiho kugaragaza ibibazo by'impunzi z'Abarundi yaburiwe irengero

Mar 29, 2026 - 09:53
 0

Umugabo w'Umurundi wari uzwiho kugaragaza ibibazo impunzi zihura nabyo mu nkambi ya Kakuma muri Kenya, amaze ibyumweru bibiri aburiwe irengero. Abo mu muryango we bafite impungenge z'uko ashobora kuba yarishwe.


Uwo mugabo ukomoka mu Gihugu cy' u Burundi witwa Ndayegamiye Fabien waburiwe irengero mu byumweru bibiri bishije, akaba avuka mu Majyepfo y'Igihugu cy'u Burundi mu Ntara ya Makamba.

Uwo mugabo w'imyaka 40 yabaga mu nkambi y'impunzi ya Kakuma mu Gihugu cya Kenya ariko akaba yari amaze igihe gito atangiye umwuga w'ubudozi yakoreraga mu mujyi wa Nairobi.

 Umuryango we uvuga ko hashize ibyumweru bibiri bamuburiye irengero, ndetse bagerageje kubaza abasengana nawe mu itorero ry'Abadivantisiti b'umunsi wa karindwi ariko nabo bavuga ko badaheruka kumuca iryera.

 Umuryango we uvuga ko ikibazo cyabo bamaze kukigeza kuri polisi ya Kenya ndetse n'ishami ry' Umuryango w'Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ndetse bakaba barijejwe ubufasha mu kumushakisha.

 Umuryango we uvuga ko uwo mugabo nubwo ativanga mu bya politike ariko ngo yari azwiho kugaragaza ibibazo impunzi zihura nabyo mu nkambi ya Kakuma ndetse yagiye agaragara mu myigaragambyo yo kugaragaza ibibazo birimo ibura ry'ibiribwa n'amazi mu nkambi .

Abo mu muryango we, batewe impungenge n'umutekano we ndetse bafite impungenge ko ashobora kuba yarapfuye yishwe n'abagizi cyangwa intumwa za leta y'i Burundi dore ko muri ako gace hamaze igihe hari ababurirwa irengero nyuma bakaboneka bapfuye.

Kenya: Umurundi wari uzwiho kugaragaza ibibazo by'impunzi z'Abarundi yaburiwe irengero

Mar 29, 2026 - 09:53
Mar 29, 2026 - 09:59
 0
Kenya: Umurundi  wari uzwiho kugaragaza ibibazo by'impunzi z'Abarundi yaburiwe irengero

Umugabo w'Umurundi wari uzwiho kugaragaza ibibazo impunzi zihura nabyo mu nkambi ya Kakuma muri Kenya, amaze ibyumweru bibiri aburiwe irengero. Abo mu muryango we bafite impungenge z'uko ashobora kuba yarishwe.


Uwo mugabo ukomoka mu Gihugu cy' u Burundi witwa Ndayegamiye Fabien waburiwe irengero mu byumweru bibiri bishije, akaba avuka mu Majyepfo y'Igihugu cy'u Burundi mu Ntara ya Makamba.

Uwo mugabo w'imyaka 40 yabaga mu nkambi y'impunzi ya Kakuma mu Gihugu cya Kenya ariko akaba yari amaze igihe gito atangiye umwuga w'ubudozi yakoreraga mu mujyi wa Nairobi.

 Umuryango we uvuga ko hashize ibyumweru bibiri bamuburiye irengero, ndetse bagerageje kubaza abasengana nawe mu itorero ry'Abadivantisiti b'umunsi wa karindwi ariko nabo bavuga ko badaheruka kumuca iryera.

 Umuryango we uvuga ko ikibazo cyabo bamaze kukigeza kuri polisi ya Kenya ndetse n'ishami ry' Umuryango w'Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ndetse bakaba barijejwe ubufasha mu kumushakisha.

 Umuryango we uvuga ko uwo mugabo nubwo ativanga mu bya politike ariko ngo yari azwiho kugaragaza ibibazo impunzi zihura nabyo mu nkambi ya Kakuma ndetse yagiye agaragara mu myigaragambyo yo kugaragaza ibibazo birimo ibura ry'ibiribwa n'amazi mu nkambi .

Abo mu muryango we, batewe impungenge n'umutekano we ndetse bafite impungenge ko ashobora kuba yarapfuye yishwe n'abagizi cyangwa intumwa za leta y'i Burundi dore ko muri ako gace hamaze igihe hari ababurirwa irengero nyuma bakaboneka bapfuye.