Nigeria: Imyigaragambyo yubuye mu bikorwa byo kwiyamamaza
Abuja mu Murwa Mukuru wa Nigeria habereye imyigaragambyo y'abatavuga rumwe na Leta ya Perezida Bola Tinubu nyuma y'uko inzego z'umutekano zibujije abatuye uwo mujyi kujya mu bikorwa by'umukandida w'ishyaka rya PDP, Tanimu Turaki, wahoze ari Minisitiri ubu akaba yiyamamariza kuyobora igihugu nka Perezida mu matora azaba mu 2027.
Ni imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026 ubwo abatuye umujyi wa Abuja bajyaga mu bikorwa byo gushyigikira umukandida Tanimu Turaki urimo kwiyamamariza kuyobora Nigeria bagasubizwa inyuma n'inzego z'umutekano, ibyateye abatavuga rumwe n’ubutegetsi uburakari bwabateye kujya mu mihanda y'uwo mujyi kwigaragambya bavuga ko barambiwe ingoma ya Bola Tinubu.
Amakuru akomeje gutangazwa n'ibinyamakuru bitandukanye byo muri Nigeria avuga ko iryo shyaka rya PDP rinafite undi mukandida urimo na we kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu ari we Goodluck Jonathan wahoze akiyobora kuva tariki ya 6 Gicurasi 2010 kugeza mu 2015.
Polisi ya Nigeria yashyize imodoka zayo ku mihanda yose igana aho ibikorwa byo kwiyamamaza byari kubera mu rwego rwo gukumira abaturage kujya gushyigikira abo bakandida Leta ivuga ko bigometse ku butegetsi.
Ibi bibaye nyuma y'igihe Minisitiri ushinzwe Umurwa Mukuru wa Nigeria, Nyesom Wike, asohoye itangazo ribuza amahoteli n'ibigo byakira inama byose muri Abuja kwirinda kwakira cyangwa guha icumbi abo banyapolitiki batavuga rumwe na Leta ya Nigeria, icyo gihe anatanga impamvu avuga ko ikiri inyuma ari uko bashinjwa gukorana bya hafi n'imitwe yitwaje intwaro.
Yanavuze ko uwo mwanzuro ugamije kurushaho gukaza ingamba z'umutekano muri Abuja no gukumira ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano w'abaturage.



Kinyarwanda
English






