Nigeria na Amerika bishe umwe mu bayobozi bakomeye ba ISIS
Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, yatangaje ko mu gikorwa ingabo ze zahuriyemo n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hishwe umwe mu bayobozi bakomeye b’umutwe w’iterabwoba wa ISIS witwa Abu-Bilal Al-Manuki, wari uzwi ku izina rya Abu-Mainok.
Amakuru y’iyicwa ry’uyu muyobozi yatangajwe mu itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Perezida Bola Tinubu rivuga ko icyo gitero cyamuhitanye cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu ushyira ku wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi 2026 hafi y’agace k’ikiyaga cya Chad kamaze igihe gakambitsemo imitwe yitwaje intwaro.
Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yavuze ko iki gikorwa ari imwe mu ntambwe zikomeye zigaragaza imikoranire ya hafi mu by’umutekano hagati y’ingabo ze hamwe n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Amakuru ahari avuga ko uwo muyobozi Abu-Bilal Al-Manuki yishwe ari kumwe na bagenzi be bari bamwungirije, n'ubwo bo nta makuru yabo yatangajwe ubwo ibyo byabaga.
Perezida Tinubu yashimye Amerika ku bw’ubufatanye bwayo ikomeje kugira mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro muri Nigeria.
Mugenzi we, Donald Trump, nawe yavuze ko umugambi wo kwica abo barwanyi ba ISIS wagezweho kubera amakuru y’ubutasi yakoreshejwe hagati y’ingabo ze za gisirikare ziri muri Nigeria.
Trump yavuze ko ingabo z’Amerika ku bufatanye n’iza Nigeria zakoze icyo gikorwa gishingiye ku makuru y’ubutasi n’igenamigambi ryihariye ryari rimaze igihe ritegurwa mu kurwanya abarwanyi b’uwo mutwe wa ISIS umaze igihe uhungabanya umutekano wa Nigeria.
Ibi bibaye mu gihe Nigeria ikomeje ibikorwa byo guhashya imitwe yitwaje intwaro ibifashijwemo n’ingabo za Amerika mu rwego rwo kugarura umutekano muri icyo gihugu umaze igihe uhungabanywa.



Kinyarwanda
English






