Perezida Paul Kagame yashimiye Arsenal FC yegukanye igikombe
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal FC yahaye igikombe abakunzi bayo nyuma y’imyaka 22.
Perezida Paul Kagame yishimiye igikombe Arsenal FC yegukanye
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal FC yahaye igikombe abakunzi bayo nyuma y’imyaka 22.
Ni igikombe cya Shampiyona ikipe ya Arsenal FC yegukanye mu ijoro ryacyeye nyuma y’umukino ikipe ya Manchester City yanganyijemo na AFC Bournemouth igitego 1-1.
Ikipe ya Arsenal FC gutwara iki gikombe bibaye mu gihe yo iheruka gutsinda Burnley igitego 1-0 bituma igira amanota 82, ikaba irusha Manchester ya Kabiri amanota 4 kandi habura umukino umwe gusa kugira ngo Shampiyona y’ubwongereza irangire.
Abakunzi ba Arsenal FC ku isi yose, bishimiye iyi ntsinzi ndetse na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, nawe abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza Ibi byinshi ndetse yemeza ko Arsenal FC yegukanye iki gikombe yari igikwiye.
Yagize ati “ Turashimira cyane ikipe ya Arsenal, umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, yegukana igikombe cya Premier League nyuma y’umwaka w’imikino wari ukomeye kandi urimo guhatana gukomeye. Ni igikombe begukanye bari bagikwiye rwose.”
Arsenal FC yegukanye iki gikombe nyuma y’imyaka 22 kuko Icyo yaherukaga yagitwaye mu mwaka wa 2004 ndetse Icyo gihe yacyegukanye idatsinzwe umukino n’umwe.
Ikipe ya Arsenal FC itazirwa akazina k’Abarashi, usibye kuba yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, iracyafite Ikindi gikombe cyo kurwanira cya UEFA Champions League izahuramo na Paris Saint Germain tariki 30 Gicurasi 2026 ku mukino wa nyuma.



Kinyarwanda
English






