issa
Ruhango Yafatiwe mu cyuho amaze kwiba umucuruzi 1,700,000Frw

Ruhango Yafatiwe mu cyuho amaze kwiba umucuruzi 1,700,000Frw

May 30, 2026 - 09:47
 0

Police ikorera mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ku bufatanye n'abaturage yafatiye mu cyuho umugabo wari umaze kwiba umucuruzi 1,700,000 Frw.


Uyu mugabo yafatiwe mu cyuho amaze kwiba ayo mafaranga ku manywa yo ku wa Gatanu tariki 29 Gicurasi 2026.

Umuvuguzi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo CIP Hassan Kamazi yabwiye UKWELITIMES ko Polisi ikomeje gushimira abaturage bakomeje kwimakaza muri bo umuco mwiza w'ubufatanye hagati yabo na polisi bagamije gukumira ibyaha batangira amakuru ku gihe kandi vuba.

Yavuze ko ibi bigaragaza ko ubufatanye ari wo musingi wo gucunga umutekano w'abaturage n'ibyabo.

CIP Hassan Kamanzi yongeyeho ko Polisi yibutsa abaturage bake bakishorara mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage guhita babihagarika vuba kubera ko uzajya abikinisha wese azajya afatwa agashyikirizwa Ubugenzacyaha.

Polisi iributsa abaturage ko ubujura atari umwuga ahubwo ari icyaha gihanwa namategeko

Kugeza ubu uyu mugabo wafashwe afungiye kuri Polisi Station ya Kabagali mu gihe amafaranga Polisi ku bufatanye na RIB bayasubije nyirayo ndetse iperereza rikaba rigikomeje.

 

Ruhango Yafatiwe mu cyuho amaze kwiba umucuruzi 1,700,000Frw

May 30, 2026 - 09:47
May 30, 2026 - 11:02
 0
Ruhango Yafatiwe mu cyuho amaze kwiba umucuruzi 1,700,000Frw

Police ikorera mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ku bufatanye n'abaturage yafatiye mu cyuho umugabo wari umaze kwiba umucuruzi 1,700,000 Frw.


Uyu mugabo yafatiwe mu cyuho amaze kwiba ayo mafaranga ku manywa yo ku wa Gatanu tariki 29 Gicurasi 2026.

Umuvuguzi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo CIP Hassan Kamazi yabwiye UKWELITIMES ko Polisi ikomeje gushimira abaturage bakomeje kwimakaza muri bo umuco mwiza w'ubufatanye hagati yabo na polisi bagamije gukumira ibyaha batangira amakuru ku gihe kandi vuba.

Yavuze ko ibi bigaragaza ko ubufatanye ari wo musingi wo gucunga umutekano w'abaturage n'ibyabo.

CIP Hassan Kamanzi yongeyeho ko Polisi yibutsa abaturage bake bakishorara mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage guhita babihagarika vuba kubera ko uzajya abikinisha wese azajya afatwa agashyikirizwa Ubugenzacyaha.

Polisi iributsa abaturage ko ubujura atari umwuga ahubwo ari icyaha gihanwa namategeko

Kugeza ubu uyu mugabo wafashwe afungiye kuri Polisi Station ya Kabagali mu gihe amafaranga Polisi ku bufatanye na RIB bayasubije nyirayo ndetse iperereza rikaba rigikomeje.