issa
Rulindo: Abantu batatu bagwiriwe n'ikirombe bacukuragamo amabuye y'agaciro

Rulindo: Abantu batatu bagwiriwe n'ikirombe bacukuragamo amabuye y'agaciro

May 25, 2026 - 16:39
 0

Mu rukerera rwo kuwa mbere Tariki ya 25 Gicurasi 2025, abantu batatu bacukuraga amabuye y'agaciro mu buryo butemewe bagwiriwe n'ikirombe umwe avamo yakomeretse undi avanwamo yapfuye mu gihe uwa Gatatu kumushakisha bigikomeje.


Amakuru avuga ko abasore batatu bacukuraga amabuye y'agaciro mu buryo butemewe mu Murenge wa Ntarabana, bagwiriwe n'ikirombe mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 25 Gicurasi 2026.

Ikirombe abo bagabo  bacukuragamo amabuye y'agaciro mu buryo butemewe cyegereye umugezi ugabanya Umurenge wa Ntarabana n'uwa Nduba ndetse bikavugwa ko abaturage basanzwe bahacukura amabuye y'agaciro mu buryo butemewe nkuko bitangazwa n'abaturage. Amakuru avuga ko umugabo umwe muri batatu bagwiriwe n'ikirombe ariwe wavuyemo ari mu muzima ariko  yakometse cyane ndetse hatangira ibikorwa byo gushakisha abo barikumwe ndetse umwe muribo bamukuramo yapfuye mu gihe uwa Gatatu ibikorwa byo kumushakisha bigikomeje.

Umuyobozi w'Akarere ka Rulindo Madamu Mukanyirigira Judith aganira UkWELITIMES, yavuze ko ubuyobozi bwamenye ayo  makuru ndetse hatangiye ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n'ikirombe ndetse yanasabye abaturage kwirinda kwishora mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu buryo butemewe ndetse bakabikangurira n'abana babo.

Yagize ati " Kubikurikirana byo ni inshingano, twabikurikirany, nituza kubabona turababwira. Abaturage duhora tubibabwira buri munsi, gucukura amabuye mu buryo butemewe ni ukubyirinda kuko ingaruka zivamo baba bazibona, abaturage nibadufashe babyirinde babwire n'abana babo."

Twagerageje kuvugana n'umuvugizi wa Polisi y'Igihugu mu Ntara y'Amajyaruguru CIP Ignace Ngirabakunzi, yabwiye UKWELITIMES, ko aya makuru bayamenye ndetse hari gukorwa ibikorwa byo gushakisha uwo bikekwa ko yahezemo anashishikariza abaturage kwirinda kwishora mu bikorwa by'ubucukuzi bitemewe kubera ko biteza impanuka. 

Rulindo: Abantu batatu bagwiriwe n'ikirombe bacukuragamo amabuye y'agaciro

May 25, 2026 - 16:39
May 25, 2026 - 16:58
 0
Rulindo: Abantu batatu bagwiriwe n'ikirombe bacukuragamo amabuye y'agaciro

Mu rukerera rwo kuwa mbere Tariki ya 25 Gicurasi 2025, abantu batatu bacukuraga amabuye y'agaciro mu buryo butemewe bagwiriwe n'ikirombe umwe avamo yakomeretse undi avanwamo yapfuye mu gihe uwa Gatatu kumushakisha bigikomeje.


Amakuru avuga ko abasore batatu bacukuraga amabuye y'agaciro mu buryo butemewe mu Murenge wa Ntarabana, bagwiriwe n'ikirombe mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 25 Gicurasi 2026.

Ikirombe abo bagabo  bacukuragamo amabuye y'agaciro mu buryo butemewe cyegereye umugezi ugabanya Umurenge wa Ntarabana n'uwa Nduba ndetse bikavugwa ko abaturage basanzwe bahacukura amabuye y'agaciro mu buryo butemewe nkuko bitangazwa n'abaturage. Amakuru avuga ko umugabo umwe muri batatu bagwiriwe n'ikirombe ariwe wavuyemo ari mu muzima ariko  yakometse cyane ndetse hatangira ibikorwa byo gushakisha abo barikumwe ndetse umwe muribo bamukuramo yapfuye mu gihe uwa Gatatu ibikorwa byo kumushakisha bigikomeje.

Umuyobozi w'Akarere ka Rulindo Madamu Mukanyirigira Judith aganira UkWELITIMES, yavuze ko ubuyobozi bwamenye ayo  makuru ndetse hatangiye ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n'ikirombe ndetse yanasabye abaturage kwirinda kwishora mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu buryo butemewe ndetse bakabikangurira n'abana babo.

Yagize ati " Kubikurikirana byo ni inshingano, twabikurikirany, nituza kubabona turababwira. Abaturage duhora tubibabwira buri munsi, gucukura amabuye mu buryo butemewe ni ukubyirinda kuko ingaruka zivamo baba bazibona, abaturage nibadufashe babyirinde babwire n'abana babo."

Twagerageje kuvugana n'umuvugizi wa Polisi y'Igihugu mu Ntara y'Amajyaruguru CIP Ignace Ngirabakunzi, yabwiye UKWELITIMES, ko aya makuru bayamenye ndetse hari gukorwa ibikorwa byo gushakisha uwo bikekwa ko yahezemo anashishikariza abaturage kwirinda kwishora mu bikorwa by'ubucukuzi bitemewe kubera ko biteza impanuka.