U Burusiya na Ukraine byaherekanyije imfungwa 205 ku mpande zombi
U Burusiya na Ukraine byahererekanyije imfungwa z’intambara 205 kuri buri ruhande ku wa Gatanu tariki 15 Gicurasi 2026, mu gikorwa kiri mu cyiciro cya mbere cyo guhererekanya imfungwa 1,000 kuri 1,000 cyafashijwemo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump, mu gihe intambara hagati y’ibihugu byombi ikomeje gukaza umurego.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy yavuze ko abasirikare bo mu ngabo za Ukraine, aba National Guard n’abashinzwe kurinda imipaka bagarutse mu gihugu nyuma y’imyaka bafungiye mu Burusiya, aho benshi muri bo bari bamazeyo kuva mu 2022.
Ihererekanywa ry’izo mfungwa ryabaye mu gihe u Burusiya bwari bukomeje kugaba ibitero bikomeye muri Ukraine, birimo igitero cya misile cyagabwe i Kyiv kigahitana abantu nibura 24 barimo abana ndetse abandi benshi bagakomereka. Ukraine yashinje Moscow kongera ibitero byibasira abasivili nyuma y’ihagarikwa ry’imirwano ry’iminsi itatu ryari ryatangajwe na Trump mu ntangiriro z’uku kwezi.
Nubwo impande zombi zakomeje gushinjanya kutubahiriza ako gahenge, ibikorwa byo guhererekanya imfungwa bikomeje kuba kimwe mu bice bike birimo ubufatanye hagati ya Kyiv na Moscow kuva intambara yatangira muri Gashyantare 2022.
Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya na yo yemeje ko abasirikare 205 b’Abarusiya barekuwe bakuwe mu duce twagenzurwaga na Ukraine, bavuga ko bajyanywe muri Belarus kugira bahabwe ubufasha bwo kwita ku buzima bwo mu mutwe n’ubuvuzi. Zelenskyy yashimiye abagize uruhare mu kugarura abo basirikare mu gihugu, anasangiza amafoto yabo bambaye amabendera ya Ukraine bishimira kongera guhura n’imiryango yabo.



Kinyarwanda
English






