Ubufaransa bushaka iki muri Afurika?
Mu ijambo yavugiye mu nama y’iterambere ry’Afurika I Nairobi ku itariki 11 Gicurasi 2026, Perezida Macron yavuze ko igihugu ayobora kizashora miliyari 27$ muri Afurika. Ayo mafaranga azakoreshwa mu nzego nk’ingufu, ikoranabuhanga, ubwenge bw’ubukorano (AI), ubukungu bw’inyanja n’ubuhinzi.
Ku itariki 12 Gicurasi 2026 I Nairobi hasojwe inama yateguwe na Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma 30 bo muri Afurika. Ntabwo byari byabaho ko umuperezida wo muri Afurika ashobora guteranyiriza hamwe bagenzi be bo ku yindi migabane, ibintu byerekana ko Afurika ikiri ku ngoyi y’ubukoloni mu isura nshya yitwa ubufatanye.
Ariko se mu byukuri ni iki kiraje ishinga Ubufaransa ku mugabane w’Afurika? Ubundi umugabane w’Afurika wigenga mu mpapuro ariko byagera mu kwifatira ibyemezo hakiyambazwa ibihugu by’I Burayi, Amerika, Aziya kuko nibo bateye imbere cyane kurusha Afurika.
Kuri ubu iyo urebye usanga Afurika yarigaruriwe n’Ubushinwa mu isura y’imikoranire ishingiye ku nguzanyo, kubaka ibikorwaremezo n’ishoramari. Ubwo rero Ubufaransa bwararebye busanga buri kubura ijambo ku ruhando mpuzamahanga niko kwigira inama yo kwiyegereza Afurika, umugabane w’abanyantege nke.
Mu ijambo yavugiye mu nama y’iterambere ry’Afurika I Nairobi ku itariki 11 Gicurasi 2026, Perezida Macron yavuze ko igihugu ayobora kizashora miliyari 27$ muri Afurika. Ayo mafaranga azakoreshwa mu nzego nk’ingufu, ikoranabuhanga, ubwenge bw’ubukorano (AI), ubukungu bw’inyanja n’ubuhinzi.



Kinyarwanda
English






