issa
Amateka yanditswe: Ibyaranze isozwa rya Shampiyona yo mu Bwongereza

Amateka yanditswe: Ibyaranze isozwa rya Shampiyona yo mu Bwongereza

May 24, 2026 - 20:36
 0

Kuri iki cyumweru tariki 24 Gicurasi 2026, nibwo hasojwe shampiyona y'icyiciro cya mbere mu gihugu cy'Ubwongereza umwaka wa 2025/26, aho imikino yose yatangiye saa kumi n’imwe z’umugoroba. Arsenal yasoje neza itsindira Crystal Palace kuri Selhurst Park, Chelsea ibura itike y’amarushanwa y’i Burayi naho Tottenham Hotspurs ibasha kwikura mu manga yo kumanuka mu cyiciro cya kabiri.


Arsenal Football Club yegukanye igikombe cya Premier League nyuma y’imyaka 22 , isoza umwaka w’imikino ku manota 85.The Gunners basoje shampiyona batsinze Crystal Palace ibitego 2-1, byatsinzwe na Gabriel Jesus ndetse na Noni Madueke.

Manchester United yarangije ku mwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda Brighton & Hove Albion ibitego 3-0. Bruno Fernandes yakoze amateka nyuma yo gutanga umupira wavuyemo igitego cya Patrick Dorgu ku munota wa 32, aba agejeje kuri assists 21 muri uyu mwaka w’imikino, ibintu byamuhesheje guca agahigo ka assists nyinshi mu mwaka umwe wa Premier League kari gasangiwe na Thierry Henry na Kevin De Bruyne.

Ku ruhande rwa Chelsea FC, umunsi wa nyuma wabaye mubi cyane kuko yongeye gutsindwa 2-1, isoza shampiyona ifite amanota 52 gusa, ibintu bitaherukaga kubaho kuva muri saison ya 1996/97. Iyi ntsinzwi yatumye Sunderland FC ibona itike ya UEFA Europa League, mu gihe Chelsea yasoreje ku mwanya wa 10 ibura itike yo gukina amarushanwa y’i Burayi.

Hagati aho, Tottenham Hotspur yabashije kwirinda kumanuka mu cyiciro cya kabiri nyuma yo gutsinda Everton FC igitego 1-0. João Palhinha yatsinze icyo gitego ku munota wa 42 nyuma y’uko umutwe yari ateye ubanza gukubita igiti cy’izamu. Iyo ntsinzi yafashije Spurs kurokoka nyuma ya saison yavuzweho byinshi ndetse irimo impaka nyinshi.

Indi mikino ikomeye yabaye ku munsi wa 38 wa Premier League ari nawo wa nyuma:

  • Liverpool FC yanganyije na Brentford FC igitego 1-1, aho Mohamed Salah yasoreje urugendo rwe rw’amateka muri Liverpool afite ibitego 193 na assists 94.
  • Aston Villa yatsinze Manchester City ibifashijwemo na penaliti ebyiri za Ollie Watkins, mu mukino wabaye uwa nyuma wa Pep Guardiola muri Premier League nk’umutoza wa Manchester City.
  • Burnley FC yanganyije 1-1 na Wolverhampton Wanderers.
  • Fulham FC yatsinze Newcastle United ibitego 2-0.
  • Nottingham Forest yanganyije 1-1 na AFC Bournemouth.
  • West Ham United yatsinze Leeds United ibitego 3-0.

Amateka yanditswe: Ibyaranze isozwa rya Shampiyona yo mu Bwongereza

May 24, 2026 - 20:36
May 24, 2026 - 21:51
 0
Amateka yanditswe: Ibyaranze isozwa rya Shampiyona yo mu Bwongereza

Kuri iki cyumweru tariki 24 Gicurasi 2026, nibwo hasojwe shampiyona y'icyiciro cya mbere mu gihugu cy'Ubwongereza umwaka wa 2025/26, aho imikino yose yatangiye saa kumi n’imwe z’umugoroba. Arsenal yasoje neza itsindira Crystal Palace kuri Selhurst Park, Chelsea ibura itike y’amarushanwa y’i Burayi naho Tottenham Hotspurs ibasha kwikura mu manga yo kumanuka mu cyiciro cya kabiri.


Arsenal Football Club yegukanye igikombe cya Premier League nyuma y’imyaka 22 , isoza umwaka w’imikino ku manota 85.The Gunners basoje shampiyona batsinze Crystal Palace ibitego 2-1, byatsinzwe na Gabriel Jesus ndetse na Noni Madueke.

Manchester United yarangije ku mwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda Brighton & Hove Albion ibitego 3-0. Bruno Fernandes yakoze amateka nyuma yo gutanga umupira wavuyemo igitego cya Patrick Dorgu ku munota wa 32, aba agejeje kuri assists 21 muri uyu mwaka w’imikino, ibintu byamuhesheje guca agahigo ka assists nyinshi mu mwaka umwe wa Premier League kari gasangiwe na Thierry Henry na Kevin De Bruyne.

Ku ruhande rwa Chelsea FC, umunsi wa nyuma wabaye mubi cyane kuko yongeye gutsindwa 2-1, isoza shampiyona ifite amanota 52 gusa, ibintu bitaherukaga kubaho kuva muri saison ya 1996/97. Iyi ntsinzwi yatumye Sunderland FC ibona itike ya UEFA Europa League, mu gihe Chelsea yasoreje ku mwanya wa 10 ibura itike yo gukina amarushanwa y’i Burayi.

Hagati aho, Tottenham Hotspur yabashije kwirinda kumanuka mu cyiciro cya kabiri nyuma yo gutsinda Everton FC igitego 1-0. João Palhinha yatsinze icyo gitego ku munota wa 42 nyuma y’uko umutwe yari ateye ubanza gukubita igiti cy’izamu. Iyo ntsinzi yafashije Spurs kurokoka nyuma ya saison yavuzweho byinshi ndetse irimo impaka nyinshi.

Indi mikino ikomeye yabaye ku munsi wa 38 wa Premier League ari nawo wa nyuma:

  • Liverpool FC yanganyije na Brentford FC igitego 1-1, aho Mohamed Salah yasoreje urugendo rwe rw’amateka muri Liverpool afite ibitego 193 na assists 94.
  • Aston Villa yatsinze Manchester City ibifashijwemo na penaliti ebyiri za Ollie Watkins, mu mukino wabaye uwa nyuma wa Pep Guardiola muri Premier League nk’umutoza wa Manchester City.
  • Burnley FC yanganyije 1-1 na Wolverhampton Wanderers.
  • Fulham FC yatsinze Newcastle United ibitego 2-0.
  • Nottingham Forest yanganyije 1-1 na AFC Bournemouth.
  • West Ham United yatsinze Leeds United ibitego 3-0.