issa
Abagera kuri 88 bamaze kwicwa na Ebola muri RDC: OMS yasabye ibihugu byo mu karere kwitwararika

Abagera kuri 88 bamaze kwicwa na Ebola muri RDC: OMS yasabye ibihugu byo mu karere kwitwararika

May 17, 2026 - 11:02
 0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO, ryatangaje ko icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kimaze guhitana abantu 88 mu gihe abarenga 336 bakekwaho kucyandura.


Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa OMS/WHO, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, watangaje ko iki cyorezo cyongeye kugaruka mu isura nshya itaramenyerwa ubwoko neza, ndetse ko ibyo bishyira mu kaga ibihugu bituranye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nubwo bitaremezwa neza, OMS/WHO ivuga ko icyo cyorezo cyagarutse mu bwoko bwa virusi yitwa Bundibugyo, bumwe mu bwoko bwa Ebola budakunze kugaragara ndetse budafite urukingo cyangwa imiti kugeza ubu.

Raporo nshya y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO igaragaza ko kugeza ubu hamaze kuboneka abarenga 336 bakekwaho kwandura iyi Ebola, mu gihe 88 bamaze guhitanwa na yo hamwe n’abandi babiri bagaragaye muri Uganda.

Icyorezo cya Ebola cyagaragaye bwa mbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mwaka wa 1976. Ubu hashize imyaka igera kuri 50 iyi ndwara igaragara mu bice bitandukanye by’iki gihugu ndetse no mu karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari.

Ibi bibaye mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO rikomeje kuburira ibihugu byo mu karere kwirinda ingendo no kubahiriza ingamba zo kwirinda iki cyorezo cyongeye kugaragara muri DRC cyanageze no muri Uganda.

Abagera kuri 88 bamaze kwicwa na Ebola muri RDC: OMS yasabye ibihugu byo mu karere kwitwararika

May 17, 2026 - 11:02
May 17, 2026 - 14:09
 0
Abagera kuri 88 bamaze kwicwa na Ebola muri RDC: OMS yasabye ibihugu byo mu karere kwitwararika

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO, ryatangaje ko icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kimaze guhitana abantu 88 mu gihe abarenga 336 bakekwaho kucyandura.


Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa OMS/WHO, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, watangaje ko iki cyorezo cyongeye kugaruka mu isura nshya itaramenyerwa ubwoko neza, ndetse ko ibyo bishyira mu kaga ibihugu bituranye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nubwo bitaremezwa neza, OMS/WHO ivuga ko icyo cyorezo cyagarutse mu bwoko bwa virusi yitwa Bundibugyo, bumwe mu bwoko bwa Ebola budakunze kugaragara ndetse budafite urukingo cyangwa imiti kugeza ubu.

Raporo nshya y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO igaragaza ko kugeza ubu hamaze kuboneka abarenga 336 bakekwaho kwandura iyi Ebola, mu gihe 88 bamaze guhitanwa na yo hamwe n’abandi babiri bagaragaye muri Uganda.

Icyorezo cya Ebola cyagaragaye bwa mbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mwaka wa 1976. Ubu hashize imyaka igera kuri 50 iyi ndwara igaragara mu bice bitandukanye by’iki gihugu ndetse no mu karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari.

Ibi bibaye mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO rikomeje kuburira ibihugu byo mu karere kwirinda ingendo no kubahiriza ingamba zo kwirinda iki cyorezo cyongeye kugaragara muri DRC cyanageze no muri Uganda.