Kuryama amasaha umunani no kunywa amazi ahagije: Ibyo kwitaho ku neza y'ubwonko
Ubushakashatsi bwerekana ko 75% y’ibigize ubwonko ari amazi. Abantu basabwa kunywa amazi kandi ahagije kugirango ubwonko bukore neza.
Ishuri ry’Ubuganga rya Harvard n’Ikigo cy’Igihugu cya Amerika gishinzwe Indwara z’Imitsi yo mu mutwe bagaragaje ko kuryama nijoro amasaha hagati y 7 n’amasaha 8 ku munsi bifasha ubwonko kuruhuka neza, ukabasha gutekereza no kwibuka cyane ibyo wafashe.
Iyo usinziriye amasaha atarenze arindwi ntabwo utunyangingo tw’ubwonko dushya tuba twiremye.
Abantu bagirwa inama yo gusinzira amasaha nibura arindwi buri joro mu kurinda ubwonko bwawe. Indi nzira ishoboka ni ukwirinda gukoresha telefoni yawe mbere y’isaha ugiye kuryama. Birabujijwe gusinzira wipfutse igitambaro mu maso kuko bizitira umwuka wa’Oxyen’ winjira unyuze mu mazuru.
Ariko kandi uba ugomba usohora umwuka wanduye’Dioxyde de Carbone’. Imikorere myiza y’ubwonko kandi iterwa no kuba waramenyereye gufata ifunguro rya mu gitondo kuko ritanga imbaraga zo gukora umunsi wose. kudafata ifunguro rya mu gitondo bigabanya urugero rw’isukari mu maraso bikagira ingaruka mbi ku bwonko.
Kutarya ifunguro rya mu gitondo wikurikiranya bitera kwangirika k’ubwonko bikanagabanya imikorere y’uturemangingo. Iyo rero ubuze intungamubiri ubwonko ntibukora neza.
Indi ngingo yagaragajwe muri iyo nyingo ni iyo kunywa amazi ahagije. Ubwo bushakashatsi bwerekana ko 75% y’ibigize ubwonko ari amazi. Abantu basabwa kunywa amazi kandi ahagije kugirango ubwonko bukore neza.
Iyo ubwonko bwabuze amazi, bigira ingaruka mu gufata ibyemezo kandi ingirabuzimafatizo z’ubwonko zigabanuka cyane n’uturemangingo tugatakaza imikorere. Ikindi kandi bishobora kugabanya ubushobozi bwo gutekereza mu buryo bwumvikana cyangwa ntubashe kwibuka ibyakubayeho. Abahanga bavuga ko umuntu mukuru aba agomba kunywa nibura litiro ebyiri ku munsi z’amazi.
Abantu basabwa gusabana n’inshuti kuko kuba wenyine bituma ubwonko budakora neza. Kwigunga byongera ibyago byo kwiheba,guhangayika no kwibagirwa. Jya umara umwanya n’inshuti n’umuryango muganire. Indi ngingo ituma ubwonko bwangirika ni ibitekerezo bibi n’abantu bakubwira ibintu bibi.
Iyo uhora ubwirwa nabi ukabona isi ko ari mbi, ahazaza ni umwijima, amahirwe yawe ni make, byangiza ubwonko. Ibitekerezo bibi bitera imihangayiko kwiheba no kwiyanga. Iyo ni indwara yo kwibagirwa no kugira ibibazo byo kwibuka. Kwirinda incuti mbi no kureba inkuru mbi bifasha ubwonko. Abantu bagirwa inama yo kurya neza.
Ubushakashatsi bwerekana ko 60% y’ubwonko ni ibinure.
Kubera iyo mpamvu abana basabwa gukoresha igihe gito kuri internet na televiziyo. Abantu basabwa gukoresha indangururamajwi igihe uvugira kuri telefoni kandi nturare hafi yayo. Ku bantu bakunda gukoresha ecouteurs n’umuziki usakuza bitera ububabare bukomeye bwo kutumva. Iyo amatwi yangiritse bigira ingaruka ku bwonko no kurwara indwara yo kwibagirwa.



Kinyarwanda
English






