issa
Manchester United yatangaje umutoza mushya mu gihe cy’imyaka ibiri

Manchester United yatangaje umutoza mushya mu gihe cy’imyaka ibiri

May 22, 2026 - 13:07
 0

Ikipe ya Manchester United yatangaje, Michael Carrick, nk’umutoza wayo mukuru nyuma yo kongerwa guhabwa amasezerano azamugeza muri 2028. 


Michael Carrick yahawe gutoza Manchester United nk’umutoza mukuru muri Mutarama, ndetse ahita anahabwa igihembo cy’Umutoza w’Ukwezi muri Shampiyona y’u Bwongereza nyuma yo gutsinda Manchester City na Arsenal FC mu mikino ibiri ya mbere yari atoje.

Yafashije ikipe kubona itike yo kuzitabira UEFA Champions League y’umwaka utaha, nyuma yo gutsinda imikino 11 muri 16 yatoje, ibintu byatumye Manchester United iba ikipe yakusanyije amanota menshi muri Premier League kuva yahabwa aka kazi.

Michael Carrick ni umwe mu bakinnyi bafite amateka akomeye muri Manchester United. Yakiniye iyi kipe imikino 464, atwaramo ibikombe bitanu bya Premier League, FA Cup, League Cup ebyiri, UEFA Champions League, UEFA Europa League ndetse na FIFA Club World Cup.

Michael Carrick, umutoza mukuru wa Manchester United, nyuma yo gusinya aya masezerano, yagize ati “Kuva nageza ikirenge muri Manchester United bwa mbere hashize imyaka 20, nahise numva ari ibintu bidasanzwe. Kuba nkiri mu nshingano zo gutoza iyi kipe idasanzwe bintera ishema rikomeye cyane.”

Yakomeje agira ati “Mu mezi atanu ashize, aba bakinnyi bagaragaje ubwitange, ubumwe n’umuhate dusabwa muri iyi kipe. Ubu ni igihe cyo kongera gutera imbere turi hamwe, dufite intego n’icyerekezo gisobanutse. Manchester United n’abafana bayo bakomeye bakwiye kongera guhatanira ibikombe bikomeye.”

Jason Wilcox, ushinzwe ibikorwa by’umupira muri Manchester United, nawe yagize ati “Michael yagaragaje ko akwiriye gukomeza kuyobora ikipe y’abagabo ya Manchester United. Mu gihe amaze muri izi nshingano, twabonye umusaruro mwiza mu kibuga, ariko ikirenzeho ni uburyo bwe bwo gukorana n’ikipe bujyanye n’indangagaciro, amateka n’umuco wa Manchester United.”

Yakomeje agira ati “Ibyo yakoze afasha ikipe gusubira muri Champions League ni ibintu bidakwiye gusuzugurwa. Yubatse umubano mwiza n’abakinnyi kandi afite ishema ry’umuco wo gutsinda uri kubakwa muri Carrington no mu rwambariro rw’ikipe.”

Michael Carrick ashumbushijwe guhabwa amasezerano nyuma yo gutereka ikipe ya Manchester United ku mwanya wa Gatatu n’amanota 68 inyuma ya Arsenal FC na Manchester City zari zihanganiye igikombe cya Shampiyona.





Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Manchester United yatangaje umutoza mushya mu gihe cy’imyaka ibiri

May 22, 2026 - 13:07
 0
Manchester United yatangaje umutoza mushya mu gihe cy’imyaka ibiri

Ikipe ya Manchester United yatangaje, Michael Carrick, nk’umutoza wayo mukuru nyuma yo kongerwa guhabwa amasezerano azamugeza muri 2028. 


Michael Carrick yahawe gutoza Manchester United nk’umutoza mukuru muri Mutarama, ndetse ahita anahabwa igihembo cy’Umutoza w’Ukwezi muri Shampiyona y’u Bwongereza nyuma yo gutsinda Manchester City na Arsenal FC mu mikino ibiri ya mbere yari atoje.

Yafashije ikipe kubona itike yo kuzitabira UEFA Champions League y’umwaka utaha, nyuma yo gutsinda imikino 11 muri 16 yatoje, ibintu byatumye Manchester United iba ikipe yakusanyije amanota menshi muri Premier League kuva yahabwa aka kazi.

Michael Carrick ni umwe mu bakinnyi bafite amateka akomeye muri Manchester United. Yakiniye iyi kipe imikino 464, atwaramo ibikombe bitanu bya Premier League, FA Cup, League Cup ebyiri, UEFA Champions League, UEFA Europa League ndetse na FIFA Club World Cup.

Michael Carrick, umutoza mukuru wa Manchester United, nyuma yo gusinya aya masezerano, yagize ati “Kuva nageza ikirenge muri Manchester United bwa mbere hashize imyaka 20, nahise numva ari ibintu bidasanzwe. Kuba nkiri mu nshingano zo gutoza iyi kipe idasanzwe bintera ishema rikomeye cyane.”

Yakomeje agira ati “Mu mezi atanu ashize, aba bakinnyi bagaragaje ubwitange, ubumwe n’umuhate dusabwa muri iyi kipe. Ubu ni igihe cyo kongera gutera imbere turi hamwe, dufite intego n’icyerekezo gisobanutse. Manchester United n’abafana bayo bakomeye bakwiye kongera guhatanira ibikombe bikomeye.”

Jason Wilcox, ushinzwe ibikorwa by’umupira muri Manchester United, nawe yagize ati “Michael yagaragaje ko akwiriye gukomeza kuyobora ikipe y’abagabo ya Manchester United. Mu gihe amaze muri izi nshingano, twabonye umusaruro mwiza mu kibuga, ariko ikirenzeho ni uburyo bwe bwo gukorana n’ikipe bujyanye n’indangagaciro, amateka n’umuco wa Manchester United.”

Yakomeje agira ati “Ibyo yakoze afasha ikipe gusubira muri Champions League ni ibintu bidakwiye gusuzugurwa. Yubatse umubano mwiza n’abakinnyi kandi afite ishema ry’umuco wo gutsinda uri kubakwa muri Carrington no mu rwambariro rw’ikipe.”

Michael Carrick ashumbushijwe guhabwa amasezerano nyuma yo gutereka ikipe ya Manchester United ku mwanya wa Gatatu n’amanota 68 inyuma ya Arsenal FC na Manchester City zari zihanganiye igikombe cya Shampiyona.