Imyaka itanu muri gereza, kwirukanwa muri Kaminuza!Twinjire mu buzima bwa Karasira Aimable (VIDEO)
Kuri ubu inkuru igezweho ni urupfu rwa Uzaramba Karasira Aiamable wari uzwi nka Prof Nigga. Icyakora ubuzima bwe bwaranzwe n'ibizazane birimo kwirukanwa muri Kaminuza y'u Rwanda yakozemo imyaka 14, kuvugira abarwanya Leta y'u Rwanda no kuba yapfuye yari yasoje igifungo cye cy'imyaka itanu yamaze muri gereza ya Mageragere.
Nyakwigendera Uzaramba Karasira Aimable alias Prof Nigga yaguye mu bitaro bya Nyarugenge agiye kuvuzwa nyuma yo kunywa imiti irengeje ikigero cyagenwe na muganga.
Mu gitondo cyo ku itariki 6 Gicurasi 2026 Urwego rushinzwe amagereza mu Rwanda’RCS’ rwashyize hanze itangazo ryo kubika Karasira Aimable. Yapfuye umunsi yagombaga gusohoka muri gereza warenze kuko hari nka saa sita z’ijoro. Icyakora urubanza rwe rwaranze no kuvugwa cyane mu itangazamakuru bitewe n’uko yari azwi ku mbuga nkoranyambaga. Turebere hamwe bimwe mu byaranze ubuzima bwa Karasira Aimable Uzaramba alias Prof Nigga.



Kinyarwanda
English






