issa
Al Hilal SC igiye gutandukana n’abakinnyi batanu

Al Hilal SC igiye gutandukana n’abakinnyi batanu

May 8, 2026 - 15:34
 0

Umutoza wa Al Hilal SC, Laurențiu Reghecampf, ntabwo yifuza gukomezanya n’abakinnyi batanu b’abanyamahanga nyuma y’umusaruro nkene bamaze iminsi bagaragaza.


Icyerekezo cya Al Hilal SC ku isoko ry’igura n’igurisha kiri kujyana no ku bakinnyi umutoza yishingikirizaho mu rutonde rwe, aho bigaragara ko hari abakinnyi benshi batari mu migambi ye.

Bamwe mu bakinnyi b’abanyamahanga ba Al Hilal SC, cyane cyane abakina hagati mu kibuga, kuva imikino ya CAF Champions League yatangira, ntibari mu mibare y’umutoza nubwo bagiye bahabwa iminota mike muri shampiyona y’u Rwanda ndetse n’iya Sudan.

Amakuru UKWELITIMES twamenye ni uko abo bakinnyi batanu barimo Kindness Cole, Youssef Kabore, Tayo Akiri, Amara Camara n’umunya-Mauritania Kassouma Fofana, bose baje muri Mutarama, ariko nta n’umwe wigeze abona umunota n’umwe muri Champions League, usibye Fofana wakinnye iminota 28 gusa mu mikino 12.

Muri shampiyona y’u Rwanda, Reghecampf yatangiye guha amahirwe bamwe muri bo cyane cyane Cole na Kabore, ariko amahirwe yabo aragabanyuka kuko batagaragaje urwego rwari rwitezwe, ndetse n’igaruka ry’abakinnyi b’ibihugu nyuma y’igikombe cy’Afurika cya 2025 ryabagizeho ingaruka.

Igihe icyiciro cya mbere cya shampiyona ya Sudan cyatangiraga, umutoza w’Umunya-Romania yohereje Kabore na Akiri, naho Kamara yoherezwa mu ikipe ya kabiri ya Al Hilal SC i Port Sudan. Cole na Fofana bo bagumye i Kigali, ariko amahirwe yabo yo gukina aragabanuka cyane.

Nyuma y’uko abakinnyi ba Sudan baje muri Al HilalSC i Kigali, umutoza yohereje Cole mu ikipe ya kabiri, maze amukuramo mu ikipe nkuru hamwe na bagenzi be. Aba bakinnyi batanu bose ntibagaragaye ku rutonde rw’abakinnye mu mikino itatu iheruka ya shampiyona y’u Rwanda.

Nubwo bimeze bityo, aba bakinnyi baracyafite amahirwe yo kwigaragaza mu mikino isigaye ya shampiyona y’u Rwanda, kuko ikipe nkuru izerekeza i Khartoum mu cyumweru gitaha, mu gihe ikipe ya kabiri izasoza imikino itatu ya nyuma.

Al Hilal SC iri gushaka kongeramo imbaraga mu kibuga hagati mu isoko ryo mu mpeshyi, cyane cyane ku bakinnyi b’abanyamahanga, kuko Reghecampf yishingikiriza ku bakinnyi babiri gusa kuri Madicke Kane wo muri Sénégal na Petros wo muri Namibia, bakunze kuba abasimbura b’abakinnyi b’abanya-Sudan ari bo Pogba na Salah Adel.

Kindness Cole ari mu batarimo kwishimirwa n'umutoza

Yousouf Kabore ntabwo arimo kubona umwanya uhagije wo gukina

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Al Hilal SC igiye gutandukana n’abakinnyi batanu

May 8, 2026 - 15:34
May 8, 2026 - 21:15
 0
Al Hilal SC igiye gutandukana n’abakinnyi batanu

Umutoza wa Al Hilal SC, Laurențiu Reghecampf, ntabwo yifuza gukomezanya n’abakinnyi batanu b’abanyamahanga nyuma y’umusaruro nkene bamaze iminsi bagaragaza.


Icyerekezo cya Al Hilal SC ku isoko ry’igura n’igurisha kiri kujyana no ku bakinnyi umutoza yishingikirizaho mu rutonde rwe, aho bigaragara ko hari abakinnyi benshi batari mu migambi ye.

Bamwe mu bakinnyi b’abanyamahanga ba Al Hilal SC, cyane cyane abakina hagati mu kibuga, kuva imikino ya CAF Champions League yatangira, ntibari mu mibare y’umutoza nubwo bagiye bahabwa iminota mike muri shampiyona y’u Rwanda ndetse n’iya Sudan.

Amakuru UKWELITIMES twamenye ni uko abo bakinnyi batanu barimo Kindness Cole, Youssef Kabore, Tayo Akiri, Amara Camara n’umunya-Mauritania Kassouma Fofana, bose baje muri Mutarama, ariko nta n’umwe wigeze abona umunota n’umwe muri Champions League, usibye Fofana wakinnye iminota 28 gusa mu mikino 12.

Muri shampiyona y’u Rwanda, Reghecampf yatangiye guha amahirwe bamwe muri bo cyane cyane Cole na Kabore, ariko amahirwe yabo aragabanyuka kuko batagaragaje urwego rwari rwitezwe, ndetse n’igaruka ry’abakinnyi b’ibihugu nyuma y’igikombe cy’Afurika cya 2025 ryabagizeho ingaruka.

Igihe icyiciro cya mbere cya shampiyona ya Sudan cyatangiraga, umutoza w’Umunya-Romania yohereje Kabore na Akiri, naho Kamara yoherezwa mu ikipe ya kabiri ya Al Hilal SC i Port Sudan. Cole na Fofana bo bagumye i Kigali, ariko amahirwe yabo yo gukina aragabanuka cyane.

Nyuma y’uko abakinnyi ba Sudan baje muri Al HilalSC i Kigali, umutoza yohereje Cole mu ikipe ya kabiri, maze amukuramo mu ikipe nkuru hamwe na bagenzi be. Aba bakinnyi batanu bose ntibagaragaye ku rutonde rw’abakinnye mu mikino itatu iheruka ya shampiyona y’u Rwanda.

Nubwo bimeze bityo, aba bakinnyi baracyafite amahirwe yo kwigaragaza mu mikino isigaye ya shampiyona y’u Rwanda, kuko ikipe nkuru izerekeza i Khartoum mu cyumweru gitaha, mu gihe ikipe ya kabiri izasoza imikino itatu ya nyuma.

Al Hilal SC iri gushaka kongeramo imbaraga mu kibuga hagati mu isoko ryo mu mpeshyi, cyane cyane ku bakinnyi b’abanyamahanga, kuko Reghecampf yishingikiriza ku bakinnyi babiri gusa kuri Madicke Kane wo muri Sénégal na Petros wo muri Namibia, bakunze kuba abasimbura b’abakinnyi b’abanya-Sudan ari bo Pogba na Salah Adel.

Kindness Cole ari mu batarimo kwishimirwa n'umutoza

Yousouf Kabore ntabwo arimo kubona umwanya uhagije wo gukina