KNC uri kuzamura abakinnyi bato, yashimiye babiri Gasogi United igenderaho
Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles, wishimiye umushinga wo kuzamura abakinnyi bakiri bato, yashimiye byimazeyo abarimo Muderi Akbar ndetse na Ngono Guy Herve bitwaye neza muri uyu mwaka w’Imikino.
Uyu mwaka w’imikino ikipe ya Gasogi United ntabwo wavuga ko yitwaye neza nk’ibisanzwe ariko nkuko umwaka ujya gutangira KNC yagaragaje ko bagiye gutangira umushinga wo kuzamura impano byagenze neza kuko twabonye abakinnyi bakiri bato bigaragaje cyane bahawe umwanya.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Gicurasi 2026, nibwo Kakooza Nkuliza Charles abinyujije kuri Radio/tv1 yatangaje ko yishimiye uko uyu mwaka w’imikino wagenze ndetse yemeza ko wagenze neza kuko ari bwo umushinga batekereje washyizwe mu bikorwa.
Yagize ati “ Iyi Saison kuri twebwe tubona yaragenze neza. Twagerageje gutangira urugendo rw’ibyo twifuza. Bakunzi b’umupira w’amaguru ntabwo bishoboka ko twagira abakinnyi bakomeye tutabacuze, tutanabahaye uwo mwanya wo gukora amakosa yose ngo bazavemo bya bihangange twifuza.”
Yakomeje agira ati “ Intego yacu ntabwo yari ugutwara igikombe. Intego yacu ya mbere yari uguha umwanya abakinnyi bakiri bato kandi tukaguma mu cyiciro cya mbere. Ndizera ko iyo ntego twayigezeho, ni nayo ntego nyamukuru.”
KNC yagarutse kandi ku mukino Gasogi United iraza gukinamo na Police FC, atangaza ko baraza gutsinda ibitego 2-1 kandi bakoresheje abakinnyi bakiri bato ku kigero cya 80%.
Yagize ati “ Ndagira ngo mbabwire ko uyu munsi kuri Police FC harabanzamo abakinnyi bakiri bato ku kigero cya 80% kandi baratsinda Police ibitego 2-1.”
Perezida wa Gasogi United yatangaje kandi ko ashimira byimazeyo Kapiteni w’iyi kipe, Muderi Akbar wagaragaje imyitwarire myiza mu kibuga ndetse no hanze y’ikibuga kuva yagera muri iyi kipe.
Yagize ati “ Ndagira ngo nshimire kapiteni wacu, Muderi Akbar. Ni umukinnyi waje akiri muto ariko ni umwe mu bakinnyi ntangarugero cyane cyane mu myitwarire. Ni umwe mu bakinnyi bakoze ibyo bari gukora byose, azaguma mu biro bya Gasogi United ndetse no mu mateka yayo.”
Uyu muyobozi kandi yashimiye Fernand Guy Herve Eloundou Ngono, ku muhate yagaragaje mu mikinire uyu mwaka w’imikino ndetse n’uruhare runini yagize mu gufasha abakinnyi bakiri bato ba Gasogi United mu gihe abandi bakinnyi bakuru bagaragazaga kutabitaho cyane.
Ikipe ya Gasog United, mu ntangiriro z’uyu mwaka yazamuye abakinnyi 10 bakiri bato ndetse hafi ya bose babonye umwanya wo gukina ndetse bagaragaza kuzamura urwego. Gasogi United muri Shampiona y’abato ubona ko ifite imbaraga nyinshi, ibintu bigaragaza ko umushinga wayo ugeze ku rwego rwiza.
Iyi kipe muri Shampiyona iri ku mwanya wa 13 n’amanota 35, Iraza gukina umukino wa nyuma kuri uyu wa Kane n’ikipe ya Police FC iri ku mwanya wa 6 n’amanota 49.
Ngono Guy Herve yashimiwe na KNC kubera uko yafashije Gasogi United
Muderi Akbar yashimiwe na Gasogi United kubera imyitwarire myiza mu kibuga no hanze yacyo



Kinyarwanda
English






