issa
Nyagatare: RDF na Polisi bagiye kubaga ishaza abantu 150

Nyagatare: RDF na Polisi bagiye kubaga ishaza abantu 150

May 22, 2026 - 19:20
 0

Ingabo na Polisi by’u Rwanda zigiye kuvura zibaze Abanyarwanda 150 bo mu Karere ka Nyagatare bafite ikibazo cy’ishaza.


Ibi biri mu bikorwa bya gahunda y’Inzego z’Umutekano yo gufasha abaturage mu mibereho myiza bikorwa ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima ndetse n’Umuryango Fred Hollows yo mu Rwanda.

Ibi bikorwa biri gukorerwa mu Bitaro bya Gatunda. Muri iyi gahunda igamije gufasha kuvura abaturage bafite ibibazo by’amaso hari kwibandwa ku kwita ku buzima bw’abatishoboye.

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda ushinzwe Serivisi z’Ubuzima, Brig Gen Dr John Nkurikiye, yashimangiye uruhare rukomeye rw’Ingabo na Polisi by’u Rwanda mu kugeza serivisi z’ubuvuzi bwihariye ku baturage hirya no hino mu gihugu.

Yavuze ko iyi gahunda igaragaza ubushake bw’inzego z’umutekano bwo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage binyuze mu bufasha bw’ubuvuzi.

Brig Gen Dr Nkurikiye kandi yagaragaje kandi ko iyi gahunda igamije kubaga abarwayi barenga 6.000 bafite ibibazo by’amaso hirya no hino mu gihugu muri uyu mwaka.

Yashimye kandi ubufatanye bukomeye buri hagati y’Ingabo na Polisi by’u Rwanda, Minisiteri y’Ubuzima ndetse n’Umuryango Fred Hollows wo mu Rwanda mu guteza imbere serivisi z’ubuvuzi bufite ireme ku baturage.

Umuyobozi w’Umuryango Fred Hollows Rwanda, yavuze ko ubufatanye n’inzego z’umutekano bugamije kugabanya ubuhumyi bushobora kwirindwa mu gihugu no kongera uburyo abaturage babona serivisi nziza zo kuvura amaso, cyane cyane abafite imyaka 50 kuzamura.

Uwitwa Mukandereya Philomene yishimiye cyane kongera kubona nyuma y’imyaka ibiri yari amaze atabona bitewe n’indwara y’ishaza.

Yashimiye Nyakubahwa Perezida Kagame, uburyo akomeje kwita ku Banyarwanda, cyane cyane abatishoboye.

Umugabo wa Mukandereya,Higiro François, yashimye abaganga ba gisirikare bamufashije kongera kubona nyuma y’imyaka yari amaze aba mu mwijima.

Nyagatare: RDF na Polisi bagiye kubaga ishaza abantu 150

May 22, 2026 - 19:20
 0
Nyagatare: RDF na Polisi bagiye kubaga ishaza abantu 150

Ingabo na Polisi by’u Rwanda zigiye kuvura zibaze Abanyarwanda 150 bo mu Karere ka Nyagatare bafite ikibazo cy’ishaza.


Ibi biri mu bikorwa bya gahunda y’Inzego z’Umutekano yo gufasha abaturage mu mibereho myiza bikorwa ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima ndetse n’Umuryango Fred Hollows yo mu Rwanda.

Ibi bikorwa biri gukorerwa mu Bitaro bya Gatunda. Muri iyi gahunda igamije gufasha kuvura abaturage bafite ibibazo by’amaso hari kwibandwa ku kwita ku buzima bw’abatishoboye.

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda ushinzwe Serivisi z’Ubuzima, Brig Gen Dr John Nkurikiye, yashimangiye uruhare rukomeye rw’Ingabo na Polisi by’u Rwanda mu kugeza serivisi z’ubuvuzi bwihariye ku baturage hirya no hino mu gihugu.

Yavuze ko iyi gahunda igaragaza ubushake bw’inzego z’umutekano bwo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage binyuze mu bufasha bw’ubuvuzi.

Brig Gen Dr Nkurikiye kandi yagaragaje kandi ko iyi gahunda igamije kubaga abarwayi barenga 6.000 bafite ibibazo by’amaso hirya no hino mu gihugu muri uyu mwaka.

Yashimye kandi ubufatanye bukomeye buri hagati y’Ingabo na Polisi by’u Rwanda, Minisiteri y’Ubuzima ndetse n’Umuryango Fred Hollows wo mu Rwanda mu guteza imbere serivisi z’ubuvuzi bufite ireme ku baturage.

Umuyobozi w’Umuryango Fred Hollows Rwanda, yavuze ko ubufatanye n’inzego z’umutekano bugamije kugabanya ubuhumyi bushobora kwirindwa mu gihugu no kongera uburyo abaturage babona serivisi nziza zo kuvura amaso, cyane cyane abafite imyaka 50 kuzamura.

Uwitwa Mukandereya Philomene yishimiye cyane kongera kubona nyuma y’imyaka ibiri yari amaze atabona bitewe n’indwara y’ishaza.

Yashimiye Nyakubahwa Perezida Kagame, uburyo akomeje kwita ku Banyarwanda, cyane cyane abatishoboye.

Umugabo wa Mukandereya,Higiro François, yashimye abaganga ba gisirikare bamufashije kongera kubona nyuma y’imyaka yari amaze aba mu mwijima.