issa
Abantu 80 bamaze guhitanwa na Ebola muri DR Congo

Abantu 80 bamaze guhitanwa na Ebola muri DR Congo

May 16, 2026 - 11:42
 0

Ikigo nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, Africa Centres for Disease Control and Prevention, cyemeje ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habonetse icyorezo gishya cya Ebola kimaze guhitana nibura abantu 80, mu gihe abantu 246 bakekwaho kwandura bamaze kubarurwa mu ntara ya Ituri.


Minisitiri w’Ubuzima wa RDC, Samuel Roger Kamba Mulamba yavuze ko ibizamini byo muri laboratwari byemeje abantu umunani banduye ubwoko bwa virusi ya Ebola buzwi nka Bundibugyo strain, butandukanye n’ubwoko bwa Zaire strain bwagaragaye mu byorezo byinshi byabanje.

Uganda yamaze kwemeza umuntu umwe wanduye Ebola waturutse muri Congo nyuma y’uko umugabo w’Umukongomani w’imyaka 59 apfiriye mu bitaro by'i Kampala, nubwo ubuyobozi bwavuze ko nta bwandu bw’imbere mu gihugu buragaragara.

Umuyobozi Mukuru wa Africa CDC, Jean Kaseya, yavuze ko imijyi ya Bunia na Rwampara ifite abaturage benshi ndetse ikanegereye imipaka ya Uganda na South Sudan, ibintu bishobora gutuma icyorezo gikomeza gukwira mu karere. World Health Organization yatangaje ko ibipimo 13 byamaze kwemezwa ko ari iby'abanduye Ebola. 

Iki cyorezo kije mu gihe intara ya Ituri ikomeje guhura n’umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro ihakorera. Ebola yabonetse bwa mbere muri Congo mu 1976, ikaba yandura binyuze mu guhura n’amatembabuzi y’umubiri w’uwanduye cyangwa uwapfuye azize iyo ndwara.

Abantu 80 bamaze guhitanwa na Ebola muri DR Congo

May 16, 2026 - 11:42
May 16, 2026 - 11:58
 0
Abantu 80 bamaze guhitanwa na Ebola muri DR Congo

Ikigo nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, Africa Centres for Disease Control and Prevention, cyemeje ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habonetse icyorezo gishya cya Ebola kimaze guhitana nibura abantu 80, mu gihe abantu 246 bakekwaho kwandura bamaze kubarurwa mu ntara ya Ituri.


Minisitiri w’Ubuzima wa RDC, Samuel Roger Kamba Mulamba yavuze ko ibizamini byo muri laboratwari byemeje abantu umunani banduye ubwoko bwa virusi ya Ebola buzwi nka Bundibugyo strain, butandukanye n’ubwoko bwa Zaire strain bwagaragaye mu byorezo byinshi byabanje.

Uganda yamaze kwemeza umuntu umwe wanduye Ebola waturutse muri Congo nyuma y’uko umugabo w’Umukongomani w’imyaka 59 apfiriye mu bitaro by'i Kampala, nubwo ubuyobozi bwavuze ko nta bwandu bw’imbere mu gihugu buragaragara.

Umuyobozi Mukuru wa Africa CDC, Jean Kaseya, yavuze ko imijyi ya Bunia na Rwampara ifite abaturage benshi ndetse ikanegereye imipaka ya Uganda na South Sudan, ibintu bishobora gutuma icyorezo gikomeza gukwira mu karere. World Health Organization yatangaje ko ibipimo 13 byamaze kwemezwa ko ari iby'abanduye Ebola. 

Iki cyorezo kije mu gihe intara ya Ituri ikomeje guhura n’umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro ihakorera. Ebola yabonetse bwa mbere muri Congo mu 1976, ikaba yandura binyuze mu guhura n’amatembabuzi y’umubiri w’uwanduye cyangwa uwapfuye azize iyo ndwara.